AmakuruPolitiki

Trump akiva i Beijing ibintu bihise bihinduka: Ubushinwa bugiye kugura Boeing 200

Leta y’Ubushinwa yatangaje ko igiye kugura indege 200 zo mu bwoko bwa Boeing nyuma y’inama yahuje Perezida w’Amerika, Donald Trump na Perezida w’Ubushinwa, Xi Jinping i Beijing mu cyumweru gishize.

Mu itangazo ryasohowe kuri uyu wa Gatatu, Minisiteri y’Ubucuruzi y’Ubushinwa yavuze ko aya masezerano ari imwe mu ngingo zikomeye zagezweho hagati y’ibihugu byombi, aho Amerika yemeye gufasha Ubushinwa kubona ibice n’ibikoresho byifashishwa mu gukora moteri z’indege.

Ibihugu byombi byanasubiyemo ubushake bwo gukomeza kugabanya imisoro ku bicuruzwa byinjira muri Amerika no mu Bushinwa, nyuma y’amasezerano yari yaragezweho mu kwezi k’Ukwakira, umwaka ushize. Hanagarutswe ku mugambi wo kugabanya iyo misoro ku bicuruzwa bifite agaciro karenga miliyari 30 z’amadolari kuri buri ruhande.

Aya makuru yasohotse mu gihe Perezida Xi Jinping yari mu biganiro na Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin, nyuma y’iminsi mike Trump avuye mu ruzinduko rwari rwitabiriwe cyane mu Bushinwa.

Uruzinduko rwa Trump rwafashwe nk’intambwe nshya mu kuzahura ubuhahirane hagati y’ibihugu bibiri bikomeye ku isi. Mu byemeranyijwe harimo ko Ubushinwa buzagura indege za Boeing, mu gihe Amerika nayo izorohereza abahinzi n’aborozi bayo kubona isoko rinini mu Bushinwa.

Trump amaze gusura Ubushinwa, ibyo bihugu byombi byafashe imyanzuro ikomeye mu rwego rw’ubucuruzi (Ifoto yavuye kuri Getty Images binyuze kuri AFP)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *