Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yamaze kwishyura umwanditsi E. Jean Carroll amafaranga arenga miliyoni 5.62 z’Amadolari y’Amerika (asaga miliyari 7.8 Frw), nyuma y’imyaka itatu urukiko rumuhamije uburyozwacyaha mu rubanza mbonezamubano rwari rumushinja ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gusebanya.
Aya makuru yemejwe kuri uyu wa Kabiri n’abunganira Carroll mu mategeko, bavuga ko umukiliya wa bo yamaze kwakira amafaranga yose yategetswe n’urukiko, harimo indishyi za miliyoni 5 z’Amadolari ndetse n’inyungu z’ubukererwe zabaruwe mu gihe ubujurire bwari bukomeje.
Umunyamategeko wa Carroll, Roberta Kaplan, yavuze ati: “Uyu munsi twishimiye gutangaza ko E. Jean Carroll yamaze guhabwa amafaranga yose yategetswe n’abacamanza nyuma y’umwanzuro wa bo.”
Trump yari yarasabye ko kwishyura bisubikwa kugira ngo abanze asabe Urukiko rw’Ikirenga rw’Amerika kongera gusuzuma ubujurire bwe, nyuma y’uko rwari rwanze kwakira ikirego cye. Icyakora, mu cyumweru gishize umucamanza ukurikirana uru rubanza yamutegetse guhita yishyura ayo mafaranga.
Abunganira Trump banze kugira icyo batangaza ku iyishyurwa ryakozwe.
Uko uru rubanza rwatangiye
E. Jean Carroll, wahoze ari umwanditsi w’inkuru mu binyamakuru akaba ubu afite imyaka 82, yavuze ko mu myaka ya 1990 Donald Trump yamusambanyije ku gahato mu cyumba cy’igeragerezwamo imyenda cy’ububiko bwa Bergdorf Goodman i Manhattan, muri New York.
Nyuma y’aho Carroll atangaje ibyo arega Trump, uyu munyapolitiki yabihakanye inshuro nyinshi, ndetse mu mwaka wa 2022 amusebya abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, avuga ko ibyo amushinja ari ibinyoma.
Mu 2023, inteko y’abacamanza b’abaturage i New York yemeje ku bwumvikane busesuye ko Trump agomba kwishyura Carroll indishyi za miliyoni 5 z’Amadolari kubera ihohoterwa no gusebanya. Trump yakomeje guhakana ibyo aregwa.
Nyuma y’icyemezo cy’urukiko, Trump yashyize ayo mafaranga kuri konti igenzurwa n’urukiko mu gihe ubujurire bwari bugikomeje.
Ubujurire bwe ntibwatanze umusaruro
Abunganira Trump bakomeje kuvuga ko uru rubanza rwari rugamije kumuharabika no kumubuza gukora politiki, barwita “ikinyoma” ndetse bavuga ko rwari rufashijwe n’abo mu Ishyaka ry’Abademokarate.
Trump kandi yakomeje gushinja umucamanza Lewis Kaplan kuba yarakiriye ibimenyetso byagize uruhare mu gutuma inteko y’abacamanza imufata nabi.
Icyakora, mu mwaka ushize Urukiko rw’Ubujurire rwa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika rwemeje ko umwanzuro wafashwe n’urukiko rwa mbere wari ukurikije amategeko, ruvuga ko nta makosa yakozwe yatuma urubanza rusubirwamo.
Mu kwezi gushize, Urukiko rw’Ikirenga rw’Amerika rwahakanye ubusabe bwa Trump bwo kongera gusuzuma uru rubanza, bityo hafungurwa inzira yo kwishyura Carroll amafaranga yatsindiye.
Nyuma y’icyo cyemezo, Carroll yanditse ku rubuga rwe rwa Substack ati: “Twatsinze! Iyi ntsinzi ni iy’umugore wese ku isi.”
Hari n’urundi rubanza rugikomeje
Nubwo Trump yamaze kwishyura aya mafaranga, ibibazo bye mu nkiko ntibirarangira. Mu wundi mwanzuro wafashwe mu mwaka wa 2024, urundi rukiko rwamutegetse kwishyura Carroll hafi miliyoni 84 z’Amadolari kubera kongera kumusebya mu bundi buryo nyuma y’urubanza rwa mbere.
Trump yahise ajuririra uwo mwanzuro, ariko inteko y’abacamanza bo mu rukiko rw’ubujurire yanze ubusabe bwe. Kugeza ubu aracyashaka ubundi buryo bw’amategeko bwatuma uwo mwanzuro uhinduka.
Uru rubanza rukomeje kuvugwa cyane muri Amerika kuko rureba Perezida uri ku butegetsi, ndetse rukaba rufatwa nk’urugero rugaragaza ko n’abayobozi bakomeye bashobora kubazwa imbere y’amategeko mu manza mbonezamubano, nubwo bakomeza guhakana ibyo baregwa.

Ibitekerezo