AmakuruPolitiki

Ubwato bw’intambara bw’Amerika bwatakaje umuriro n’ubushobozi bwo kugenda amasaha menshi

Ubwato bw’intambara bw’Amerika bwatakaje umuriro n’ubushobozi bwo kugenda mu gihe cy’amasaha menshi ku wa Kabiri mu karere ka Indo-Pacific, nk’uko byatangajwe n’umwe mu bayobozi mu by’umutekano muri Amerika. Ibi byatewe n’ikibazo cya tekiniki cyabaye mu mashanyarazi y’ubwato.

Ubu bwato bwitwa USS Higgins, bukaba ari ubwoko bw’ibisasu bya misile, bwari bufite abasirikare bagera kuri 300. Abasesenguzi bavuze ko iyo bibaye, ubwato bushobora kuba “nta bushobozi bufite” bwo kugenda cyangwa kwirwanaho mu mazi. Nta muntu wakomeretse muri icyo gihe.

Umuvugizi w’ingabo z’Amerika mu karere ka 7, Cmdr. Matthew Comer, yavuze ko ubwato bwatakaje umuriro wose, kandi amakuru ya mbere agaragaza ko habaye ikibazo mu mashanyarazi cyateye ikibatsi cy’umuriro cyangwa umwotsi, ariko bikaza guhagarara umuriro umaze kuzimywa.

Nyuma, umuriro n’ubushobozi bwo kugenda byaje kugarurwa kuri ubu bwato.

Icyakora, umwe mu bayobozi mu by’umutekano yabwiye CNN ko icyo kibazo cyamaze amasaha menshi, ibintu bishobora guteza ibyago kuko ubwato buba budashobora kwigenzura, kandi ibikoresho bya bwo by’ikoranabuhanga n’ubwirinzi biba bidakora.

Uwahoze ari kapiteni muri US Navy, Carl Schuster, yavuze ko muri icyo gihe ubwato buba “budafite ubushobozi bwo kubona amakuru, bwo kugenda cyangwa kwirwanaho”.

Yongeyeho ko moteri z’ubutabazi zishobora kuba zarakoreshwaga gusa mu itumanaho no mu guhumeka umwuka mwiza imbere mu bwato.

Ntabwo ingabo z’Amerika zatangaje neza aho iki kibazo cyabereye mu karere ka Indo-Pacific, gafite ubuso bunini kuva ku nkombe z’Amerika z’iburengerazuba kugera ku mupaka w’Ubuhinde, no kuva ku gice cyegereye Amajyaruguru kugera muri Antaragitika.

Icyateye iki kibazo kiri gukorwaho iperereza.

Ubwato bwo mu bwoko bwa Arleigh Burke nka USS Higgins ni bumwe mu bwifashishwa cyane n’ingabo z’Amerika mu mazi, kuko burenga 70 buri mu kazi.

USS Higgins bwatangiye gukoreshwa mu 1999, bukorera mu Buyapani, i Yokosuka, kandi bushobora gutwara abasirikare bagera kuri 300.

Bufite uburebure bwa metero zirenga 150 kandi bufite ubushobozi bwo gutwara toni zirenga 8,200. Bufite sisiteme y’intambara ya Aegis ndetse n’ibisasu bitandukanye birimo na Tomahawk.

Mu kwezi gushize, na none habaye inkongi y’umuriro ku bundi bwato bwa USS Gerald R. Ford, aho umuriro wadutse mu gice cyo kumesa imyenda.

Icyo gihe ingabo z’Amerika zatangaje ko uwo muriro utari ufitanye isano n’intambara, kandi abasirikare babiri gusa ni bo bakomeretse byoroheje, bakaba bameze neza.

Ubwato bw’abasirikare barwanira mu mazi b’Amerika ku wa 24 Mata 2025 (Ifoto yafashwe na Cpl. Kira Ducato/US Marine Corps)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *