Ubwongereza bwafatiye ibihano ibice Israel yigaruriye

Ubwongereza bwatangaje ibihano bishya bireba ibice Abanya-Israel batuyeho mu karere ka West Bank (Cisjordanie) ko muri Palestine, bushinja Guverinoma ya Israel kutagira ingamba zihagije zo guhagarika urugomo rukorerwa Abanye-Palestine.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubwongereza, Ed Miliband, yavuze ko iki cyemezo kigaragaza impinduka mu buryo igihugu cye kigiye kwitwara ku makimbirane amaze igihe hagati ya Israel n’Abanye-Palestine.

Yasobanuye ko Ubwongereza bushaka kurenga ku kwamagana ibikorwa bubona nk’akarengane, bugafata n’ingamba zifatika zigamije kubikumira.

Mu bihano byatangajwe harimo kubuza kwinjiza mu Bwongereza ibicuruzwa bikomoka mu duce Abanya-Israel batuyeho muri West Bank, ndetse no gufatira ingamba ibigo n’abantu batanga serivisi cyangwa ubufasha bugira uruhare mu kwagura utwo duce.

Israel yamaganye iki cyemezo. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa yo, Gideon Saar, yashinje mugenzi we w’Ubwongereza gukwirakwiza ibyo yise ibinyoma. Yanatangaje ko Israel izafata ingamba zo gusubiza Ubwongereza, zirimo gufunga ibiro byabwo by’ubuhagarariye biri muri Yeruzalemu y’Uburasirazuba.

Ibi bihano byatangajwe ku bufatanye bw’Ubwongereza, Ubufaransa na Canada. Ibi bihugu byavuze ko ari indi ntambwe igamije kurengera igisubizo cy’amakimbirane gishingiye ku kubaho kwa leta ebyiri, iya Israel n’iya Palestine.

Imiturire y’Abanya-Israel yubatswe muri West Bank, ubutaka Israel yigaruriye mu ntambara yo mu 1967, ifatwa n’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’ibihugu byinshi nk’inyuranyije n’amategeko mpuzamahanga. Israel yo ntiyemera uko ibyo bisobanurwa.

Mu mezi ashize kandi, hakomeje kuvugwa ubwiyongere bw’ibitero n’urugomo rukorerwa Abanye-Palestine muri West Bank, ibintu byakomeje guteza impungenge ku rwego mpuzamahanga.

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza yatangaje ibihano kuri Israel mu bice yigaruriye. Ifoto: Reuters

Ibitekerezo