Frank Gashumba, umusesenguzi mu bya politiki n’imibereho y’abaturage, yatangaje ko yari yaraburiye umugore we, Patience Mutoni Malaika, ko azamusiga akigendera mu gihe umubano wa bo wahinduka intandaro y’mihangayiko ihoraho (stress).
Mu kiganiro yagiranye n’imwe mu maradiyo yo muri Uganda, Gashumba yavuze ko yifuza ko urugo rwe ruba ahantu h’amahoro n’ituze nyuma yo guhangana n’akazi n’ibibazo byo mu bucuruzi.
Yagize ati: “Naburiye Malaika ko aramutse anteye guhangayika, namusiga nkajya ahandi. Iyo ngarutse mu rugo mvuye mu kazi, mba nkeneye amahoro n’umutekano. Urugo rugomba kuba ahantu nduhukira”.
Gashumba yavuze ko yahisemo gushakana na Malaika kuko yashakaga amahoro. Yemeje ko yahitamo kuva mu rugo aho gukomeza kuba ahantu hahora amakimbirane n’umuhangayiko.
Yakomeje avuga ko iyo ari mu rugo aba ari we muyobozi mukuru, ariko yaba adahari Malaika akaba ari we ufata inshingano zo kuruyobora.
Gashumba yanagaragaje ko se yamugiriye inama yo kutazashaka abagore barenze umwe, bitewe n’ibibazo na we yari yarahuye na byo mu mibanire ye.
Ati: “Data yangiriye inama yo kutazigera nshaka abagore barenze umwe. Nzi ibibazo yahuye na byo kandi nanjye sinshobora kwihanganira umuhangayiko nshobora guterwa n’iyo mibanire”.
Yasoje agira abagabo inama yo kwita ku mahoro no kureba niba bahuza n’abo bifuza kubana, kuko urugo rukwiye kuba ahantu ho kuruhukira ibibazo n’igitutu byo mu buzima bwa buri munsi.

Ibitekerezo