Ikipe y’Igihugu ya Iran mu mupira w’amaguru yamaze kugera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika aho yitabiriye Igikombe cy’Isi cya 2026, mu gihe hari hashize amasaha make hatangajwe amasezerano yo guhagarika imirwano yari imaze iminsi hagati ya Iran n’Amerika.
Aya masezerano yatangajwe umunsi umwe gusa mbere y’umukino wa mbere Iran izahuramo na Nouvelle-Zélande i Los Angeles. Nubwo yagabanyije impungenge z’ubushyamirane bushya, ntiyakuyeho impaka n’amakimbirane bikomeje gukurikira iyi kipe.
Rutahizamu wa Iran, Mehdi Taremi, yatangaje ko umwuka mubi wa politiki umaze igihe hagati y’ibihugu byombi wagize ingaruka zikomeye ku rugendo rw’ikipe kuva yakandagira muri Amerika.
Iran kandi yahuye n’imbogamizi mu myiteguro ya yo, zirimo ibibazo byo kubona visa ndetse no kwimurira icyicaro cya yo cy’imyitozo muri Mexique.
Mu gihe Iran izaba iri gukina umukino wa yo wa mbere i Los Angeles, bamwe mu Banya-Iran benshi batuye muri uwo mujyi ntibateganya kuwitabira. Hari abategura imyigaragambyo yamagana icyemezo cya FIFA cyo kubuza ibendera rya kera rya Iran rya “Lion and Sun”, mu gihe abandi bavuga ko iyi kipe ihagarariye ubutegetsi batifuza ko bukomeza.
Nubwo abakinnyi bavuga ko bazanywe no guhuza Abanya-Iran no kwibanda ku mupira w’amaguru, kuri bo politiki yakomeje kubabera igicucu gikomeye muri iri rushanwa.

Ibitekerezo