AmakuruImikino

Amafaranga azahabwa ikipe izegukana igikombe cy’isi cya 2026 yikubye agera kuri miliyoni 50$

Ikipe izegukana Igikombe cy’Isi cya FIFA 2026 izahabwa igihembo cy’amafaranga angana na miliyoni 50 z’amadolari y’Amerika (ni ukuvuga arenga miliyari 7 FRw), bikaba ari cyo gihembo kinini kigiye gutangwa muri iri rushanwa kuva ryabaho, nk’uko byatangajwe n’ishyirahamwe rya ruhago ku isi, FIFA.

Iyi mibare yiyongereye ugereranyije na miliyoni 42 zatanzwe mu 2022 na miliyoni 38 zatanzwe mu 2018, nubwo igihembo kigihari kiri munsi y’igice cy’amafaranga yatanzwe mu Gikombe cy’Isi cy’Amakipe (FIFA Club World Cup) cyabaye uyu mwaka, nubwo kitigeze gikundwa cyane nk’Igikombe cy’Isi cy’ibihugu.

FIFA yatangaje ko ingengo y’imari yose y’ibihembo by’Igikombe cy’Isi cya 2026, kizabera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Kanada (Canada) na Mexique, izagera kuri miliyoni 655 z’amadolari (ni ukuvuga miliyari zirenga 951.2), bikaba byiyongereyeho 50% ugereranyije n’iy’igikombe cyabereye muri Qatar.

Ugereranyije n’ayo mafaranga, Igikombe cy’Isi cy’Amakipe (FIFA Club World Cup) cyari gifite ingengo y’ibihembo ingana na miliyari imwe y’amadolari ya Amerika, nyuma yo kwagurwa mu buryo butavuzweho rumwe kiva ku makipe arindwi kikagera kuri 32, ndetse kigashyirwa mu ngengabihe ya ruhago ku ngufu.

Ikipe yacyegukanye yashoboraga kubona agera kuri miliyoni 125 z’amadolari, nubwo iri rushanwa ryateje impaka n’ukutishimirwa n’abakinnyi n’amashyirahamwe atandukanye, ndetse n’imikino imwe n’imwe ikitabirwa n’abafana bake. Iri rushanwa ryabereye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ryegukanwa na Chelsea.

FIFA ivuga ko imiterere yo kugabanya amafaranga mu marushanwa yombi itandukanye, aho itandukaniro ry’ibihembo riterwa n’impamvu zirimo ko amakipe y’ama-clubs atwara amafaranga menshi mu mishahara y’abakinnyi ugereranyije n’amakipe y’ibihugu.

Uretse ibihembo, hari n’andi mafaranga ashyirwa mu iterambere rya ruhago ku isi hose. Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yavuze ko Igikombe cy’Isi kizaba “igikorwa mu mateka mu bijyanye n’uruhare rwa cyo mu gutera inkunga umuryango wa ruhago ku isi.” FIFA yemeje aya mafaranga mu nama y’akanama ka yo yabereye i Doha.

Ikipe izaba iya kabiri izahabwa miliyoni 33 z’amadolari, iya gatatu ihabwe miliyoni 29, iya kane ihabwe miliyoni 27, mu gihe igihembo gito kizaba miliyoni 9 z’amadolari.

Ibihugu byose 48 bizitabira irushanwa bizahabwa miliyoni 1.5 z’amadolari buri gihugu, yo gufasha mu byo FIFA yise “ibiciro byo kwitegura irushanwa.”

Muri rusange, FIFA yavuze ko miliyoni 727 z’amadolari zizagabanywa ku mashyirahamwe ya ruhago azitabira. Ntiharamenyekana uko buri gihugu kizagabanya ayo mafaranga, ariko mu Gikombe cy’Isi giheruka, ikinyamakuru cy’imikino cyo mu Bufaransa, L’Equipe, cyatangaje ko abakinnyi b’u Bufaransa bari biteguye guhabwa agahimbazamusyi ka $586,000 buri wese iyo begukana igikombe, nubwo icyo gihe batsinzwe n’Argentine ku mukino wa nyuma.

Tanga Igitekerezo

email ntizatangazwa Ningombwa *