Abantu 42 baguye mu mirwano yadutse ku iriba ry’amazi muri Chad
Nibura abantu 42 barishwe, abandi 10 barakomereka nyuma y’imirwano ikomeye yabereye mu burasirazuba bwa Chad, mu ntambara abategetsi bavuga ko yatangiye bitewe n’amakimbirane ku iriba ry’amazi.
Iyi mirwano yabereye mu Ntara ya Wadi Fira, aho yabanje kuba hagati y’imiryango ibiri, ariko nyuma igahinduka ubwicanyi bushingiye ku moko. Abayobozi bavuga ko yaje gufata indi ntera, ihinduka ibitero byo kwihorera byakwirakwiriye mu midugudu myinshi, ndetse myinshi muri yo iratwikwa.
Intumwa za Leta ziyobowe n’icegera cya Minisitiri w’Intebe, Limane Mahamat, zoherejwe muri ako gace, aho abategetsi bavuga ko ubu ibintu byatangiye gusubira mu buryo. Gusa ibi bitero bigaragaza amakimbirane asanzwe ari muri ako karere kuva kera.
Amakimbirane hagati y’abaturage asanzwe abaho muri Chad, akenshi aterwa no guhatanira umutungo muke nk’amazi n’ubwatsi. Impaka hagati y’abahinzi n’aborozi, ndetse n’amacakubiri ashingiye ku moko, akenshi zirangira zivuyemo ubwicanyi.
Mu mezi ashize, ibintu byarushijeho gukomera kubera impunzi zihunga intambara yo mu gihugu gituranyi cya Sudani, bikongera umuvuduko ku mutungo usanzwe ari muke.
Umuryango International Crisis Group uvuga ko abantu bagera ku 1,000 bamaze kwicwa mu makimbirane nk’aya hagati ya 2021 na 2024. Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yo ivuga ko imiyoborere idahagije no kudahana abakora ibyaha bikomeje guteza ubwicanyi muri utu duce twibasirwa n’izo mvururu.

