RDC: Kabila asaba ibiganiro, ashinja Tshisekedi gushora igihugu mu ntambara
Joseph Kabila wahoze ayobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yongeye kunenga bikomeye ubutegetsi buriho, mu kiganiro cyasohotse ku wa Mbere w’ejo hashize mu kinyamakuru cyo mu Bubiligi cyitwa “La Libre Belgique”, nk’uko byatangajwe na RFI.
Uyu mugabo wigeze kuyobora igihugu imyaka 18, yavuze ko ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi buri kugendera ku murongo ushobora guteza amakimbirane, amushinja kuba “ushora igihugu mu ntambara” ndetse no kurenga ku itegeko nshinga.
Ibi Kabila abitangaje mu gihe mu gihugu hari impaka ku mugambi w’abashyigikiye Tshisekedi bashaka guhindura itegeko nshinga, kugira ngo abe yakwiyamamariza indi manda ya gatatu. Kabila yasabye abaturage kubirwanya, avuga ko bishobora guteza ibibazo bikomeye mu miyoborere y’igihugu.
Kabila, uvugwa ko ari i Goma igenzurwa n’umutwe wa M23, yanongeye kugaragaza impungenge ku mutekano w’igihugu, asaba ko habaho ibiganiro byimbitse byafasha gukumira ko RDC yisanga mu bibazo bikomeye nk’ibyabaye muri Sudani nk’uko BBC yabitangaje. Yibukije ko mu gihe cye, hari amasezerano y’amahoro yasinywe n’umutwe wa CNDP mu 2009, ari na wo waje kuvamo M23.
Ku rundi ruhande, Kabila yakatiwe igihano cy’urupfu adahari mu 2025, ashinjwa kuba afitanye isano n’umutwe wa M23.
Yanavuze ko ashobora kuba yaragambaniwe na leta mu gitero cya drone giherutse kugabwa i Goma, cyahitanye umukozi w’Umuryango w’Abibumbye n’abandi bantu babiri. Leta ya RDC yo yavuze ko yatangiye iperereza kuri icyo gitero, ariko ntiyemeza cyangwa ngo ihakane uruhare rwa yo.
Kabila yanenze kandi uburyo gahunda zitandukanye zigamije amahoro mu burasirazuba bwa RDC zitagenda neza, avuga ko biterwa n’imiyoborere idahwitse no kubura ubushake bwa politiki bwo gukemura ibibazo.
