AmakuruPolitiki

Amerika yashimye intambwe iganisha ku mahoro hagati ya RDC na M23

Umujyanama mukuru wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ibibazo by’Abarabu n’Afurika, Massad Boulot, yatangaje ko yishimiye uruhare ruri gukorwa mu guhuza impande zihanganye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), hagamijwe gushaka ibisubizo birambye by’umutekano n’amahoro.

Yabitangaje nyuma yo kwitabira ibiganiro byahuje intumwa za Leta ya RDC n’umutwe wa M23 byabereye mu Busuwisi, aho yavuze ko ari intambwe ikomeye mu gukemura ibibazo byugarije uburasirazuba bw’icyo gihugu.

Uyu muyobozi yavuze ko ibi biganiro bigamije kwihutisha iterambere mu bijyanye no gutanga ubufasha bw’ubutabazi ku baturage, kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge, ndetse no kurekura imfungwa zifitanye isano n’iyi ntambara. Yashimangiye ko ibikorwa bifatika ku rwego rw’ubutaka bishobora gutuma ubufasha bugera ku babukeneye, bikanateza imbere amahoro arambye n’iterambere ry’akarere.

Yakomeje agaragaza ko ashishikajwe no kubona iyi ntambwe igerwaho, anizeza ko hari icyizere cy’uko vuba aha hashyirwaho amasezerano arambuye azafasha gukomeza inzira y’amahoro.

Yashimiye kandi ibihugu n’imiryango mpuzamahanga byagize uruhare muri ibi biganiro, birimo Qatar, Ubusuwisi, Togo, Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe, ndetse n’imiryango nka MONUSCO, ICGLR, EVJM, OCHA n’Umuryango Mpuzamahanga utabara imbabare (ICRC), n’abandi bose bakomeje gushyigikira inzira y’ibiganiro.

Ibi biganiro bibaye mu gihe uburasirazuba bwa RDC bukomeje guhura n’ibibazo by’umutekano muke, ariko impande zitandukanye zikomeje gushyira imbaraga mu gushaka ibisubizo binyuze mu biganiro aho gukomeza intambara.

Massad Boulot (Ifoto: Interineti)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *