Kylian Mbappé ashobora kudakina El Clásico nyuma y’uko Real Madrid yemeje ko yavunitse itako
Rutahizamu wa Real Madrid, Kylian Mbappé, ari mu gihirahiro cyo kudakina umukino ukomeye wa El Clásico uzahuza iyi kipe na FC Barcelona, nyuma y’uko iyi kipe yemeje ko yagize imvune mu itako mu mukino baheruka gukina.
Iyi mvune ya Mbappé yemejwe na Real Madrid mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Mbere, hasigaye ibyumweru bitageze kuri bibiri ngo hakinwe uwo mukino uteganyijwe ku wa 10 Gicurasi, ufatwa nk’ingenzi kurusha indi yose muri shampiyona ya Esipanye (Espagne).
Real Madrid yagize iti: “Yagize imvune mu mutsi wo ku kuguru kwe kw’ibumoso.” Ibi byatangajwe nyuma y’uko uyu mukinnyi uyoboye abandi mu gutsinda ibitego muri shampiyona asohowe mu kibuga afite ikibazo mu mukino banganyijemo na Real Betis igitego 1-1 mu mukino wa La Liga wabaye ku wa Gatanu.
Kuri ubu Real Madrid iri ku mwanya wa kabiri muri La Liga, irushwa amanota 11 na Barcelona iyoboye urutonde. Iyi kipe izabanza guhura na Espanyol ku Cyumweru mbere yo gucakirana na Barcelona mu mpera z’icyumweru kizakurikiraho.
Mu ikubitiro, Real Madrid yari yatangaje ko Mbappé afite ikibazo cyoroheje cy’imitsi, ariko ibizamini byimbitse byaje kwerekana ko yakomeretse by’ukuri.
Niba Real Madrid yatakaza amanota imbere ya Espanyol idafite Mbappé, hanyuma Barcelona igatsinda Osasuna ku wa Gatandatu, ikipe ya Barcelona iyobowe na Hansi Flick ishobora guhita yegukana igikombe cya shampiyona ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.
Uyu musore w’imyaka 27 amaze igihe ahangayikishijwe n’imvune muri uyu mwaka w’imikino, ibintu byateye impungenge mu Bufaransa mu gihe hitegurwa Igikombe cy’Isi cya 2026 kizatangira ku wa 11 Kamena muri Amerika, Canada na Mexico.
Mbappé, wegukanye igikombe cy’Isi mu 2018, aherutse no kumara amezi abiri afite ikibazo cy’ivi, kikaba ari cyo gihe kinini kurusha ibindi yigeze amara adakina. Yavuze ko byamuteje “agahinda, uburakari n’impungenge”.
Uyu mukinnyi yiyongereye ku rutonde rw’abandi bakinnyi bafite imvune mu gihe hitegurwa Igikombe cy’Isi, barimo Xavi Simons, Mohamed Salah ndetse n’umusore ukizamuka wa Espagne Lamine Yamal.

