Perezida w’Inteko ya Uganda yatunguye benshi yivana mu matora
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Anita Among, yatangaje ko atazongera kwiyamamariza uwo mwanya mu gihe akomeje kuvugwaho gukorwaho iperereza ku byaha bya ruswa no kwigwizaho umutungo.
Ibi bije nyuma y’amakuru avuga ko inzego z’umutekano zasatse ingo ebyiri z’Among ziri mu Mujyi wa Kampala. Ibinyamakuru byo muri Uganda bivuga ko imwe mu ngo zasatswe iri ahitwa Kigo, aho bavuga ko habonetse imodoka zihenze cyane zirimo n’iyo mu bwoko bwa Rolls-Royce, mu gihe indi nzu ye iri i Nakasero na yo yasatswe ku wa Gatandatu.
Among, uzwi nk’umwe mu banyapolitike begereye cyane ishyaka “National Resistance Movement (NRM)” rya Perezida Yoweri Museveni, yavuze ko icyemezo cyo kutaziyamamaza yagifashe nyuma yo kubanza kugisha inama no kwisuzuma.
Hagati aho, Muhoozi Kainerugaba, UmugabaMukuru w’ingabo za Uganda akaba umuhungu wa Perezida Museveni, yavuze ko inzego z’umutekano ziri gukora “operation” yiswe “Maliza Ufisadi”, bisobanura kurandura ruswa, anashimangira ko “nta muntu uzasigara”.
Among yabaye Umuyobozi w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda mu 2022 asimbuye Jacob Oulanyah wari umaze gupfa. Yigeze no kuvugisha benshi mu 2021 ubwo yavugaga ko yifuza kumara imyaka 10 ari uwungirije umukuru w’Inteko ndetse n’indi 10 ari umukuru wa yo.
Mu mwaka ushize kandi, Anita Among yanenzwe cyane nyuma yo kugereranya Perezida Museveni n’”Imana Data”, naho Muhoozi Kainerugaba amwita “Imana Mwana”.

