DRC: Ebola yafashe indi ntera, abantu bari gupfa umusubizo
Minisitiri w’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko abantu 131 bamaze guhitanwa n’icyorezo cya Ebola mu duce tumaze kugaragaramo iki cyoreO, mu gihe abandi 531 bakekwaho kuyandura.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru i Kinshasa, Dr Samuel-Roger Kamba yavuze ko ubwoko bwa Ebola bwa Bundibugyo buri gukwirakwira ubu butica cyane nk’ubwa Zaïre bwigeze kwibasira iki gihugu mbere. Yavuze ko Bundibugyo yica ku kigero cya 30%, mu gihe ubwoko bwa Zaïre bwo bwicaga abarenga 80%.
Yasobanuye kandi ko bitaremezwa neza niba abantu bose bamaze gupfa bazize Ebola, nubwo iki cyorezo gikomeje guteza impungenge.
Nubwo bimeze gutyo, yavuze ko igihugu gifite uburambe buhagije mu guhangana na Ebola kuko iki ari icyorezo cya 17 cyabaye muri DRC kuva iyi ndwara yavumburwa mu 1976.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO/OMS) ryatangaje ko iki cyorezo gifatwa nk’ikibazo gikomeye cy’ubuzima rusange gihangayikishije isi yose.
Leta ya DRC yavuze ko ubwandu bwa Ebola bwongeye kugaragara mu turere dutandukanye harimo Nyakunde muri Ituri, Butembo muri Kivu ya Ruguru ndetse n’i Goma aho habonetse umuntu umwe wanduye.
Abashinzwe ubuzima bavuga ko bari gukurikirana abantu bose bakekwaho kwandura, banasaba abaturage kudakuka umutima.
Minisitiri Kamba yavuze kandi ko bamwe mu baturage batinze gutanga amakuru kubera imyemerere ivuga ko Ebola ari indwara y’amayobera, ibintu byatumye ikomeza gukwirakwira kuva yagaragara ku wa 24 Mata uyu mwaka.

