DRC: Umurwayi wa Ebola yashimutiwe mu bitaro

Abashinzwe ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) batangaje ko umwana w’umukobwa w’imyaka itandatu wari urwaye Ebola yashimuswe hamwe na nyina, bakavanwa ku gahato mu Kigo Nderabuzima cyo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Ibi byabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere, ubwo abagabo bitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro n’izindi nkota binjiraga muri iryo vuriro riri hafi y’Umujyi wa Butembo, bagatwara uwo mwana na nyina ahantu hatazwi. Abayobozi b’ubuzima bavuga ko kuba abo bantu bari hanze y’ivuriro bishobora kongera ibyago byo gukwirakwiza virusi ya Ebola mu baturage.

Dr Lubambo Maboko Gaston uyoboye ibikorwa byo kurwanya Ebola muri Kivu ya Ruguru yavuze ko kugeza ubu abo bashimuswe bataraboneka, asaba ko bahita basubizwa kwa muganga kugira ngo bavurwe kandi hirindwe ko banduza abandi. Yagaragaje ko ubuzima bwa bo na bwo buri mu kaga mu gihe bakomeje kuguma kure y’abaganga.

Iri shimutwa ribaye mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imaze ukwezi kurenga ihanganye n’icyorezo gishya cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo, kikaba ari icyorezo cya 17 igihugu gihuye na cyo. Imiryango itanga ubutabazi ivuga ko guhashya iki cyorezo bikomeje kugorana kubera amakuru y’ibihuha, kutizerana hagati y’abaturage n’abaganga, ndetse no kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda.

Abakora ibikorwa byo kurwanya Ebola bavuga kandi ko hari ikibazo cyo gukurikirana abantu bahuye n’abanduye kugira ngo na bo bapimwe cyangwa bakurikiranwe. Kugeza ku wa Mbere, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abantu 837 bamaze kwandura Ebola, muri bo 196 bakaba bamaze guhitanwa na yo. Abantu 49 ni bo bamaze gukira, mu gihe abandi 376 bakiri mu kato.

Intara ya Ituri ni yo ikomeje kuba igicumbi cy’iki cyorezo, mu gihe Kivu ya Ruguru ikurikiraho mu kugira umubare munini w’abanduye. Naho muri Kivu y’Epfo, nta bandi bantu bashya baherutse gutangazwa ko banduye Ebola.

Abaganga n’abakozi b’ubuzima batwaye umurambo w’umuntu witabye Imana azize Ebola bawugeza mu buruhukiro bw’Ikigo Nderabuzima cya Nyankunde, giherereye i Bunia mu Ntara ya Ituri, kugira ngo abo mu muryango we bamusezereho bwa nyuma mbere yo gushyingurwa (ifoto mbarankuru).

Ibitekerezo