AmakuruUbuzima

Hadutse ubwoko bushya bwa Covid-19, iteye ite?

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (World Health Organization: WHO/OMS) riravuga ko rikomeje gukurikiranira hafi ubwoko bushya bwa virusi itera COVID-19 bwihinduranyije cyane, bwamaze kugaragara mu bihugu bisaga 23 ku isi.

Ubu bwoko bwiswe BA.3.2, bwamaze kuboneka mu bihugu birimo Amerika, Hong Kong, Mozambique n’Ubwongereza. Nubwo kugeza ubu hataramenyekana neza impamvu butandukaniyeho n’ubundi bwabanje, hari ibimenyetso by’uko bushobora kwibasira cyane abana kurusha abantu bakuru.

Abana ni bo bibasirwa cyane n’iyi Virusi (BBC)

“Cicada” cyangwa “chainsaw” ni iki?

BA.3.2 yahawe izina rya “cicada” kubera uburyo isa n’iyamaze igihe kinini yihishe mbere yo kongera kugaragara, nk’agakoko ka cicada kamara imyaka myinshi munsi y’ubutaka katagaragara.

Muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ikigo Centers for Disease Control and Prevention (CDC) cyatangaje ko iyi virusi yamaze kuboneka mu bice 25 by’icyo gihugu. Yagaragaye mu bipimo byafashwe ku bagenzi, abarwayi bo mu bitaro ndetse no mu mazi y’imyanda.

WHO yashyize ubu bwoko mu cyiciro cy’ibigomba kwitabwaho by’umwihariko, isaba abashakashatsi gukomeza kubusesengura harebwa niba bwagira ingaruka zikomeye ku buzima rusange.

Kuki bavuga ko ishobora kwibasira abana cyane?

Abahanga batandukanye bagaragaza ko abana bashobora kwandura iyi virusi ku kigero kiri hejuru ugereranyije n’abantu bakuru. Impamvu zitangwa zirimo kuba ubudahangarwa bwa bo butarakura neza kuko batigeze bahura n’indwara nyinshi zitandukanye nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza.

Hari kandi n’abavuga ko imiterere yahindutse ya “protein” z’iyi virusi ishobora gutuma umubiri w’abana utayimenya neza, bityo bakayandura byoroshye.

Ibimenyetso bya yo ni ibihe?

Kugeza ubu, nta kimenyetso kidasanzwe kiragaragara kuri ubu bwoko bushya. Ibigaragara ni ibisanzwe bya COVID-19, birimo umuriro, inkorora, kubabara mu muhogo, umunaniro, kubabara umutwe n’umubiri, ndetse rimwe na rimwe no guhumeka nabi.

Virusi ya Covid-19 ihora yihinduranya cyane

Impamvu virusi ihinduka kenshi

Virusi nka SARS-CoV-2 (itera COVID-19) zihinduka vuba kuko ziri mu bwoko bwa RNA. Izi mpinduka zituma zishobora gucika ubwirinzi bw’umubiri, bigatuma abantu bakomeza kuyandura nubwo baba barigeze kuyirwara cyangwa bakingiwe.

Ese inkingo ziracyafite akamaro?

Nubwo ubu bwoko bushya bushobora kugabanya ubushobozi bw’inkingo, abahanga bavuga ko zigifasha mu kugabanya ubukana bw’indwara. Umuntu wakingiwe ashobora kwandura, ariko akagira ibimenyetso byoroheje.

WHO ivuga ko abantu barenga 67% ku isi bamaze guhabwa nibura urukingo rwa COVID-19, nubwo hari aho inkingo zivuguruye zitaboneka ku buryo bungana.

Ese bikwiye gutera impungenge?

Inzobere zivuga ko kugaragara kw’ubwoko bushya bwa virusi ari ibintu bisanzwe, kandi bidahita bivuze ko haziyongera cyane abarwayi cyangwa impfu. Nta bimenyetso byerekana ko BA.3.2 iteza uburwayi bukomeye kurusha ubundi bwari busanzwe.

COVID-19 ubu ifatwa nk’indwara isanzwe yibasira imyanya y’ubuhumekero, cyane cyane mu bihe by’imvura, ariko abantu bagirwa inama yo gukomeza kwirinda no kwitabira inkingo igihe bibaye ngombwa.

Abari mu byiciro byugarijwe kurusha abandi—nk’abakuze cyane cyangwa abafite uburwayi budakira—ni bo bakwiye kwitwararika cyane. Ku bana bafite ubuzima busanzwe bwiza, iyi ndwara akenshi ishobora kwikiza nta ngaruka zikomeye iteje.

Izina ry’ubu bwoko bushya bwa Covid-19 rituruka kuri aka gasimba

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *