Abantu 33 bapfuye abandi bagera kuri 20 barakomereka mu mpanuka y’imodoka yabereye mu gace ka Mukana, gaherereye mu bilometero 97 uvuye muri Teritwari ya Mitwaba muri Haut-Katanga, mu ijoro ryo ku wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu tariki ya 16 Nzeri 2026.
Minisitiri w’Ubwikorezi n’Ubukungu w’Intara, Georges Babunyi Mbau, yemeje iyi mpanuka kuri 7SUR7.CD, avuga ko impanuka yabaye ahagana saa tatu z’ijoro (9:00 PM) ku wa Kabiri ubwo ikamyo yo mu bwoko bwa Howo ifite nomero iyiranga CGO1709/14, yavaga i Malembankulu mu Ntara ya Haut-Lomami ikagwa mu ruzi.
Yagize ati: “Umushoferi yaguye mu mugezi, iyo mpanuka ihitana abantu 33. Iyo ni imibare ni yo y’agateganyo dufite, ndetse hari n’abakomeretse bagera kuri 20”.
Minisitiri Babunyi yavuze ko imirambo imwe yari yatangiye kwangirika, bituma ishyingurwa mu buryo bwihuse. Yongeyeho ko hafashwe ingamba zo kujyana abakomeretse bikomeye i Lubumbashi kugira ngo bavurirwe mu bigo by’ubuvuzi bibifitiye ubushobozi.
Yanenze bamwe mu bashoferi b’amakamyo manini batwara ibicuruzwa n’abagenzi icyarimwe, avuga ko iyo mikorere iri mu bishobora guteza impanuka zikomeye. Yemeje ko ubuyobozi bwatangiye gufatira ingamba abashoferi bakora ibyo bikorwa.
Iyi mpanuka ibaye nyuma y’uko Minisiteri y’Ubwikorezi muri Haut-Katanga itangije, ku wa Mbere tariki ya 14 Nzeri, igikorwa cyo kugenzura impushya zo gutwara ibinyabiziga hagamijwe gukumira impanuka.
Nyuma y’igihe cyahawe abakoresha umuhanda ngo babanze bubahirize amabwiriza, ibihano ku bazafashwa batayakurikije biteganyijwe gutangira gutangwa ku wa Mbere tariki ya 21 Nzeri 2026.
Minisitiri Babunyi yavuze ko yari mu nzira yerekeza ahabereye impanuka kugira ngo yirebere uko ibintu bimeze kandi asuzume ingamba zafatwa mu kugabanya impanuka kuri uwo muhanda. Yari yoherejwe na Guverineri w’agateganyo wa Haut-Katanga, Martin Kazembe.

Ibitekerezo