Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, yatsindiye manda ya kabiri y’imyaka itanu nyuma yo kwegukana amajwi arenga 60% mu matora ya perezida yabaye ku wa 13 Kanama 2026.
Komisiyo y’Amatora ya Zambia (ECZ) yatangaje ko Hichilema, wari umukandida w’ishyaka United Party for National Development (UPND), yabonye amajwi 2,965,326, angana na 60.49% by’amajwi yemewe. Ibyavuye mu matora byatangajwe nyuma yo kubarura no guhuza amajwi yo mu duce 226 tw’itora.
Brian Mundubile wo mu ishyaka National Restoration Party for Unity and Progress (NRPUP), wari uhanganye cyane na Hichilema, yabonye amajwi 1,856,217, angana na 37.87%. Aba bakandida bombi batandukanyijwe n’amajwi 1,109,109.
Mu baturage 8,786,300 bari biyandikishije kuri lisiti y’itora, amajwi yemewe yabaye 4,902,050, naho 126,566 ateshwa agaciro. Ubwitabire bw’abaturage bwageze kuri 57.23%.
Abandi bakandida ntibagize amajwi menshi. Harry Kalaba wo mu ishyaka Citizens First yabonye 19,070, mu gihe Kelvin Fube Bwalya wo muri Zambia Must Prosper yagize 17,078.
Amategeko ya Zambia ateganya ko umukandida ubona amajwi arenga 50% ahita atorerwa kuyobora igihugu, bityo Hichilema akaba yatsinze mu cyiciro cya mbere nta matora ya kabiri abaye. Iyi ntsinzi izamugeza ku butegetsi kugeza mu 2031, nyuma yo gutangira kuyobora Zambia mu 2021.
Mundubile ntiyemera ibyavuye mu matora
Nubwo ECZ yatangaje Hichilema nk’uwatsinze, Mundubile yakomeje kunenga imigendekere y’amatora. Mbere y’uko ibyavuye mu matora bya nyuma bitangazwa, yari yavuze ko imibare yakusanyijwe n’itsinda rye yerekanaga ko ari we wari imbere.
Yanavuze ko hari aho imibare yo ku biro by’itora itahuye n’iyagejejwe ku bigo byari bishinzwe kuyihuza. Mundubile kandi yanenze uruhare rw’abasirikare ahabarurirwaga amajwi, asaba ko hakorwa iperereza ryigenga ku byo yise amakosa ashobora kuba yaragize ingaruka ku musaruro w’amatora.
Uyu munyapolitiki yanashinje Tanzania kohereza abantu muri Zambia kugira ngo bagire uruhare mu matora. Leta ya Tanzania yahakanye ibyo birego, ivuga ko nta shingiro bifite. Kugeza ubu, ntiharamenyekana niba Mundubile n’abamushyigikiye bazageza ikirego mu rukiko.
Amatora kandi yaranzwe n’ibihe by’umutekano muke. Ku wa 14 Kanama, ECZ yahagaritse by’agateganyo kubarura no gutangaza amajwi nyuma y’amakuru y’ibitero byagabwe ku bakozi b’amatora no kwibwa kw’impapuro z’itora zari zatoweho. Ibarura ryaje gusubukurwa uwo munsi nyuma y’uko inzego z’umutekano zitangaje ko ibintu byasubiye mu buryo.
Indorerezi zo mu karere no ku rwego mpuzamahanga zavuze ko amatora ahanini yabaye mu mahoro, ariko zimwe zagaragaza impungenge ku bwisanzure bwa politiki n’uburinganire bw’amahirwe mu kwiyamamaza. Zasabye amashyaka gukoresha inzira z’amategeko mu gukemura amakimbirane no kwirinda ibikorwa byahungabanya ituze ry’igihugu.
Muri manda ye ya kabiri, Hichilema azaba ahanzwe amaso ku gukomeza kuzahura ubukungu bwa Zambia, guhanga imirimo no kugabanya ubukene n’izamuka ry’ibiciro bikomeje kuremerera abaturage benshi.

Ibitekerezo