Igiciro cya peteroli ku isoko mpuzamahanga cyarenze amadolari 100 y’Amerika ku kagunguru kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 9 Nzeri 2026, nyuma y’uko intambara hagati y’Amerika na Iran yongeye gukaza umurego.
Peteroli yo mu bwoko bwa Brent, igenderwaho mu kugena ibiciro ku isoko mpuzamahanga, yazamutse igera ku madolari 100.66 ku kagunguru, mbere yo kongera kumanuka ikagera hafi ku madolari 99.90. Ni ubwa mbere yari irengeje amadolari 100 kuva muri Nyakanga 2026.
Iri zamuka ryakurikiye ibitero Amerika yavuze ko yagabye ku mato atanu atwara peteroli ya Iran. Ingabo z’Amerika zatangaje ko ane muri ayo mato yari mu Kigobe cya Oman, naho irindi rikaba ryari hafi y’Ikirwa cya Kharg, ahari icyambu gikomeye Iran yifashisha mu kohereza peteroli mu mahanga.
Amerika yavuze ko ayo mato yari afitanye isano n’Umutwe w’Ingabo zidasanzwe za Iran, IRGC, kandi ko abari bayarimo babanje gusabwa kuyavamo mbere y’uko araswa. Washington yavuze ko icyo gitero cyari igisubizo ku bitero bya misile Iran yari yagerageje kugaba ku bwato bw’ingabo za Amerika.
Iran yahise isubiza irasa misile ku kigo cya gisirikare gikoreshwa n’ingabo za Amerika muri Jordan. Ingabo za Jordan zavuze ko zahanuye misile 18 muri 20 zari zarashwe, izindi ebyiri zikagwa ahantu hatuwe n’abantu bake, nta muntu wahasize ubuzima.
IRGC yanatangaje ko yagabye ibitero ku mato abiri y’ingabo z’Amerika n’andi umunani atwara peteroli hafi y’Inzira ya Hormuz. Icyakora, Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati, CENTCOM, bwahakanye ko hari ubwato bwa yo bwangiritse.
Hagati aho, abarwanyi b’Abahouthi bo muri Yemen bashyigikiwe na Iran bagabye ibitero ku bigo bitunganya ingufu no ku mijyi yo muri Arabie Saoudite. Ibyo bitero byakomerekeje abantu barenga 70, binongera impungenge z’uko intambara ishobora gukwirakwira mu karere.
Abasesenguzi bavuga ko gukomeza guhungabana kw’Inzira ya Hormuz n’Inyanja Itukura bishobora kugabanya peteroli igera ku isoko mpuzamahanga, bigakomeza kuzamura ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli n’ibindi bicuruzwa. Imibare ya Kpler igaragaza ko amato y’ubucuruzi anyura muri Hormuz yakomeje kugabanuka, kandi iyo nzira isanzwe inyuzwamo hafi 20% bya peteroli na gaze bikoreshwa ku isi.

Ibitekerezo