AmakuruPolitiki

Ibyo Elon Musk yakoze byongeye kumusubiza mu nkiko aratsindwa

Elon Musk, umwe mu baherwe ba mbere ku isi, yongeye guhura n’akazi gakomeye mu nkiko nyuma yo gutsindwa urubanza yarezemo OpenAI ndetse na Sam Altman, umwe mu bayishinze bafatanyije.

Iki si cyo gihombo cya mbere Musk abonye mu nkiko mu minsi ya vuba. Umwaka ushize yemeye kumvikana n’abahoze bayobora Twitter ndetse n’abari abakozi bayo ibihumbi byinshi nyuma y’imanza zari zimaze igihe. Icyo gihe yari amaze guhindura Twitter akayita X.

Muri Werurwe uyu mwaka, yongeye gutsindwa urubanza rwari rwarezwe n’abashoramari bo kuri Twitter bamushinjaga kubabeshya mu gihe yaguraga urwo rubuga. Muri uko kwezi kandi, undi mucamanza yanze ikirego cye cyaregaga ibigo byamamazaga byahagaritse gukorana na X.

No muri Gicurasi, ibikorwa bimwe bya DOGE — ikigo cya leta Musk yafashije gushinga kigamije kugabanya amafaranga leta ikoresha — byahagaritswe n’urukiko. Umucamanza yavuze ko hari ibikorwa bya cyo binyuranyije n’itegeko nshinga ndetse birimo ivangura.

Nubwo akomeje gutsindwa imanza zikomeye, umutungo wa Musk wo ukomeje kuzamuka cyane. Hari abavuga ko ashobora kuba umuntu wa mbere uzagira umutungo ungana na tiriyari y’amadorari, cyane cyane kubera izamuka rya kompanyi ye ya SpaceX.

Abasesenguzi bavuga ko ubukire bwe budasanzwe butuma amafaranga y’indishyi cyangwa ihazabu bitamuca intege. Nk’urugero, ihazabu ya miliyoni 1.5$ aherutse gucibwa bavuga ko ari nk’igitonyanga mu nyanja ku mutungo we.

Umwarimu w’amategeko muri Syracuse University, Shubha Ghosh, yavuze ko Musk ameze nk’undi mushoramari wese ushaka kurwanira uburenganzira bwe, gusa ibikorwa bye bikaba bikurura isi yose.

Undi munyamategeko wo muri Columbia Law School, Dorothy Lund, yavuze ko Musk asa n’udatinya ingaruka cyangwa ibyo abantu bamuvugaho. Ati: “Akora ibyo ashaka, kandi n’iyo akosowe ntibimubuza gukomeza.”

Nyuma yo gutsindwa na OpenAI, Musk yahise anenga icyemezo cy’urukiko kuri X, avuga ko cyemera “gusahura umutungo w’ubugiraneza.” Yanatunze urutoki umucamanza, amwita umuntu utabogama nabi, anavuga ko azajuririra icyo cyemezo.

Abasesenguzi bavuga ko uburyo Musk akomeza gukora ibintu mu buryo budasanzwe — harimo no gushyira SpaceX ku isoko ry’imigabane mu gihe ari mu manza zikomeye — bwerekana ko ari umushoramari utajya yitwararika cyane ibyo abandi batekereza cyangwa ingaruka zishobora kumubaho.

Elon Musk agaragaza ibimenyetso n’amaboko mu gihe yavaga mu muhango wo kwakira Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, wari hamwe na Perezida w’Ubushinwa, Xi Jinping, wabereye mu Ngoro Nkuru y’Abaturage i Beijing mu Bushinwa, ku wa 14 Gicurasi 2026. REUTERS

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *