Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko kuva saa 6:45 zo kuri iki Cyumweru tariki ya 14 Kamena 2026, ingabo zifatanya n’ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye ibitero bikomeye mu bice bya Bidegu, Rugezi, Mikenke na Ruhinamavi, aho zivuga ko hatuwe cyane n’abaturage.
Nk’uko byatangajwe n’uyu mutwe, ibyo bitero byakozwe hifashishijwe ingabo zirwanira ku butaka, imbunda ziremereye ndetse n’indege zitagira abapilote zirimo izo mu bwoko bwa KT-6 n’izituritsa (kamikaze drones). AFC/M23 ivuga ko ibyo bitero byateje impfu mu baturage ndetse bikaba byanatumye benshi bahunga ingo zabo.
Mu itangazo rya yo, AFC/M23 yavuze ko ingabo za yo zikomeje kuba maso no kwitegura guhangana n’ibyo yise ibikorwa byo kwibasira abasivili, cyane cyane abo mu muryango w’Abanyamulenge.
Uyu mutwe watangaje ko ugamije kurinda abaturage n’ibyabo mu gihe imirwano ikomeje gufata indi ntera mu bice bitandukanye byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Amakuru ava mu bice byabereyemo imirwano aracyari make, ndetse nta cyo ubutegetsi bwa Kinshasa buratangaza kuri ibi birego. Gusa ibi bibaye mu gihe impande zihanganye zikomeje gushinjanya kurenga ku masezerano y’agahenge no kugaba ibitero ku baturage.

Ibitekerezo