Impunzi z’Abanye-Congo zishimiye gutahuka
Mbere gato yo kwambuka umupaka uhuza u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu cyiciro cya mbere cy’impunzi zatashye, Safi Sadiki ari mu modoka ya UNHCR yabwiye BBC ko bishimiye gusubira mu gihugu cya bo.
Uyu mugore hamwe n’abana be batatu basubiye iwabo i Luvungi hafi ya Uvira, ariko umugabo we yahisemo kuguma mu nkambi ya Busuma mu Ntara ya Ruyigi kugira ngo arebe uko ibintu bizagenda mu minsi ya mbere umuryango we ugeze iwa bo.
Safi yagize ati: “Twishimiye cyane gutaha iwacu muri Congo… ubuzima bwo mu nkambi, nta kubeshye, bwari bwaratunaniye”.
Icyiciro cya mbere cy’impunzi 470 z’Abanye-Congo ni cyo cyambutse umupaka ku wa Gatatu w’ejo hashize nyuma ya saa sita. Abandi ibihumbi na bo bazakurikiraho, nk’uko abategetsi babitangaje.
Aba ni abari barahunze imirwano ikomeye yabaye mu mpera z’umwaka ushize, cyane cyane mu duce twa Luvungi na Sange, mbere y’uko Umujyi wa Uvira ufatwa n’umutwe wa M23, nyuma ukaza kuwuvamo.

Eno Bukanga, uhagarariye UNHCR, yavuze ko aba bose batahutse ku bushake bwa bo, nta gahato kabayeho.
Yagize ati: “Tuzafasha impunzi zose zifuza gutaha, ariko ntituzemera ko zisubira ahantu hadatekanye. Abari hano bagomba kubyumva neza. Abo mubonye twaherekeje bageze ku mupaka bagiye mu duce ubuyobozi bw’igihugu bugenzura, aho hari amahoro n’umutekano”.
Ibi yabivugiye imbere y’abayobozi barimo Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo, Jean Jacques Purusi, bari baje kwakira izo mpunzi.
Izi mpunzi zivuga ko ubuzima mu nkambi ya Busuma bwari bubakomereye cyane kubera ko batabonaga ibiribwa bihagije, amazi meza n’ibindi bikenerwa by’ibanze.
Umwe muri bo yagize ati: “Twafashe icyemezo cyo gutaha kuko twumvise ko hari agahenge. Kuruta gupfira mu mahanga cyangwa mu buzima bugoye, byaba byiza gupfira iwacu, kuko inzara n’indwara byo muri Busuma byari bitumereye nabi”.
Aba batahutse batwawe n’imodoka zirenga 12 zo mu bwoko bwa Toyota Coaster, mu gihe imizigo ya bo yatwawe n’amakamyo atanu ya UNHCR-Burundi.
Richard Uwimana uhagarariye leta y’u Burundi yavuze ko “buri cyumweru hazajya hacyurwa impunzi zigera ku 2,000,” ni ukuvuga igihumbi ku wa Kabiri n’ikindi gihumbi ku wa Kane.
Mu kwakira izi mpunzi, Guverineri Jean Jacques Purusi yagize ati: “Murakaza neza iwanyu, benewacu. Twese hamwe twubake igihugu cyacu”.
Inkambi ya Busuma icumbikiye impunzi z’Abanye-Congo zirenga ibihumbi 66, benshi muri bo bakaba ari urubyiruko n’abana.
Abatahutse ku wa Kane benshi bari urubyiruko rw’abanyeshuri bagiye gukora ibizamini bya leta, ndetse n’abakozi ba leta bari barahunze bagiye gusubira mu kazi ka bo.

