Iran yagabye ibitero bishya bya misile n’indege nto zitagira abapilote ku bigo bya gisirikare bifitanye isano na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu bihugu bitandukanye byo mu Burasirazuba bwo Hagati, mu kwihorera ku bitero Amerika yari imaze kugaba ku butaka bwa Iran.
Ibi bitero byabaye mu ijoro rishyira ku wa Gatatu, tariki ya 2 Nzeri 2026, bikaba byongeye kuzamura impungenge z’uko imirwano hagati ya Washington na Tehran ishobora kurushaho gukwira mu karere.
Ingabo zidasanzwe za Iran, Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC), zatangaje ko zarashe misile za ballistic ku kigo kirimo abasirikare b’Abanyamerika muri Jordan, nyuma y’uko Amerika igabye ibitero ku birindiro bya gisirikare bya Iran. Iran yavuze kandi ko yagabye ibitero ku nyungu za gisirikare z’Amerika muri Iraq na Bahrain.
Ingabo za Jordan zemeje ko misile 13 za ballistic zaturutse muri Iran zinjiye mu kirere cy’icyo gihugu. Uburyo bwo kurinda ikirere bwa Jordan bwashoboye kurasa no gusenya misile 10, mu gihe eshatu zaguye mu bice bya kure bidatuwe cyane.
Jordan yatangaje ko nta muntu wishwe cyangwa ngo akomeretswe n’ibyo bitero, inasaba abaturage kutegera ibisigazwa bya misile bishobora kugwa ahantu hatandukanye.
Iran ivuga ko abasivili bishwe mu bukwe
Uku kwihorera kwa Iran kwakurikiye ibitero bishya Amerika yagabye ku wa Kabiri ku bigo bya gisirikare bya Iran.
Ubuyobozi bw’ingabo z’Amerika muri ako karere, CENTCOM, bwatangaje ko bwibasiye ahantu harimo uburyo bwo kurinda ikirere, za radar, ibikorwa byo mu mazi n’ibigo by’itumanaho bya IRGC. Amerika yavuze ko ibyo bitero byagabwe nyuma y’ibikorwa Iran ishinjwa byo kugerageza kwibasira amato y’ubucuruzi mu Muhora wa Hormuz ndetse n’abasirikare b’Abanyamerika bari mu karere.
Iran yo ishinja Amerika kuba kimwe muri ibyo bitero cyarageze ku nzu yari irimo kubera ibirori by’ubukwe mu gace ka Kuhestak, muri Sirik mu majyepfo y’igihugu.
Umuryango utabara imbabare wa Croix-Rouge muri Iran watangaje ko abantu bapfuye, barimo umwana, naho abandi benshi barakomereka. Imibare yatangajwe n’inzego zitandukanye za Iran yagiye itandukana, aho amakuru agezweho avuga ko abapfuye bageze nibura kuri batanu naho abakomeretse bakagera kuri 63.
IRGC yavuze ko ibitero byayo kuri Jordan biri mu gisubizo kuri icyo gitero, inaburira Amerika ko izakomeza kwihorera.
Ibitero bikomeje gukwira mu karere
Bahrain na yo yatangaje ko uburyo bwa yo bwo kurinda ikirere bwasenye indege nto zitagira abapilote zari ziturutse muri Iran, mu gihe Kuwait yatangaje ko ubwirinzi bwa yo bw’ikirere bwahanganye na misile na drones. Iran ivuga ko yanibasiye ibirindiro n’inyungu za gisirikare z’Amerika muri Iraq.
Uku guhererekanya ibitero gushya kuje nyuma y’igihe cyari kimaze kirimo ituze ugereranyije kuva mu mpera za Nyakanga. Mu mpera z’icyumweru gishize, Amerika yari yaragabye igitero ku Kirwa cya Larak kiri mu Muhora wa Hormuz, Iran na yo isubiza irasa ku bigo birimo abasirikare b’Abanyamerika muri Jordan.
Perezida w’Amerika, Donald Trump, yari yaburiye Iran ko niramuka yihoreye ku bitero by’Amerika, izongera kugabwaho ibitero bikomeye kurushaho.
Uku kwiyongera kw’imirwano hagati ya Iran n’Amerika gukomeje guteza impungenge ko amakimbirane ashobora gukwira mu bindi bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati, cyane cyane ahari ibirindiro n’abasirikare b’Amerika.

Ibitekerezo