Irani yanyonze undi mugabo ushinjwa kukorera Israel ubutasi
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 22 Mata 2026, igihugu cya Iran cyishe umugabo wahamwe n’icyaha cyo gukorera ubutasi urwego rwa Mossad rwa Israel nk’uko CBS News ibitangaza.
Amakuru yatangajwe n’itangazamakuru ryo muri Iran agaragaza ko uyu mugabo yakoraga mu rwego rufitanye isano n’ingabo za leta, aho bivugwa ko yari afitanye imikoranire ya hafi n’umukozi wa Mossad.
Ibi bije bikurikira igikorwa nk’iki cyabaye ku wa Kabiri, aho Iran yishe undi mugabo wari mu myigaragambyo yabaye muri Mutarama, na we ashinjwa gukorana n’uru rwego rw’ubutasi rwa Israel.
Kuva intambara yatangira, Iran imaze kwica abantu barenga icumi, bamwe bashinjwa ubutasi bwa Israel, abandi bagashinjwa kuba mu mutwe utavuga rumwe n’ubutegetsi witwa Mojahedin-e Khalq Organization, cyangwa kugira uruhare mu mvururu zabaye mu ntangiriro z’umwaka.
Ku rundi ruhande, ubutabera bwa Iran bwamaganye amakuru yavugaga ko abagore umunani bagiye kwicwa, nyuma y’uko Donald Trump asabye ko barekurwa.
Ikigo cy’itangazamakuru ry’ubucamanza cya Mizan News Agency cyatangaje ko ayo makuru ari ibihuha, gishimangira ko Perezida w’Amerika yayobejwe n’amakuru atari yo yakwirakwijwe n’itangazamakuru rivugwaho kurwanya ubutegetsi bwa Iran. Cyavuze kandi ko bamwe muri abo bagore barekuwe, mu gihe abandi bakurikiranyweho ibyaha bitahanishwa igihano cy’urupfu.

