Mayotte: Abimukira 147 bafashwe bataragerayo

Text size

Urugendo rw’abimukira baturuka muri Afurika y’Iburasirazuba n’akarere k’Ibiyaga Bigari berekeza i Mayotte rukomeje gufata indi ntera, nyuma y’uko abantu 147 barimo Abarundi, Abanyekongo n’Abanyatanzaniya bafatiwe hafi y’ikirwa cya Mohéli muri Comores.

Aba bimukira bari bafite intego yo gukomeza urugendo berekeza i Mayotte, agace k’u Bufaransa kari mu Nyanja y’Abahinde, nk’uko amakuru yatangajwe ku wa 17 Nzeri 2026 na Le Journal de Mayotte abivuga.

Iki kibazo kirimo kongera kwerekana uburyo Mayotte imaze kuba imwe mu nzira zikoreshwa n’abimukira bamwe baturuka mu karere k’Ibiyaga Bigari bashaka kugera ku butaka bugengwa n’u Bufaransa.

Babanje gufatirwa hafi ya Mohéli

Amakuru avuga ko habanje kuboneka itsinda ry’abantu 31, ryabonetse hafi ya Bwangoma ku kirwa cya Mohéli. Nyuma haje irindi tsinda rinini ry’abantu 116, bituma bose hamwe bagera ku 147.

Muri abo bantu harimo abagore, abana ndetse n’umugore wari utwite, nk’uko ibitangazamakuru byo muri ako karere byabitangaje.

Abashinzwe umutekano muri Comores, barimo abarinzi b’inkombe, Polisi na Gendarmerie, bagize uruhare mu gikorwa cyo kubagenzura.

Nyuma, abo bimukira basubijwe mu nyanja bavanwa ku nkombe za Comores. Abategetsi bavuze ko icyo cyemezo cyafashwe kubera impungenge zijyanye n’ubuzima rusange. Le Journal de Mayotte yavuze ko hatari hahita hatangazwa ku mugaragaro uburyo umutekano wabo wari kwitabwaho nyuma yo gusubizwa mu nyanja.

Abimukira benshi iyo bageze mayotte batura muri shitingi / ifoto: internet

Inzira ibanyuza muri Tanzania na Comores

Iki kibazo ntabwo ari ubwa mbere kibaye.

Amakuru yakusanyijwe ku ngendo z’abimukira yerekana ko bamwe mu bakomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Burundi n’ibindi bihugu byo mu karere banyura muri Tanzania, bagakomereza mu birwa bya Comores, mbere yo kugerageza kwambuka mu bwato berekeza i Mayotte.

Ni urugendo rushobora guteza ibyago bikomeye kuko igice cyarwo gikorerwa mu Nyanja y’Abahinde hakoreshejwe amato mato.

Le Journal de Mayotte ivuga ko hagati ya 2024 na 2026 abantu barenga 650 bakomoka cyane cyane mu Burundi na RDC bari bamaze kubarurwa muri Comores muri izi ngendo.

Raporo ku nzira ya Comores–Mayotte yanagaragaje ko hagati ya Nyakanga n’Ukuboza 2025 habaruwe abantu 13,914 mu duce two muri Comores twakurikiranwaga nk’ahantu ho guhagurukira cyangwa kunyura berekeza Mayotte. Iyi mibare ntabwo isobanura ko bose bageze Mayotte.

Abanyarwanda na bo bagaragara muri iyi nzira

Nubwo itsinda ry’abantu 147 riheruka gufatwa rivugwamo Abarundi, Abanyekongo n’Abanyatanzaniya, amakuru yagiye akusanywa kuri iyi nzira agaragaza ko Abanyarwanda na bo bayikoresha.

Mu bantu babonwe mu duce twakurikiranwaga mu nzira ya Comores–Mayotte hagati ya Nyakanga n’Ukuboza 2025, raporo yasubiwemo na Le Journal de Mayotte yagaragaje ko 5% bari Abanyarwanda, mu gihe 12% bari Abanyekongo na 7% bakaba Abarundi.

Ubushakashatsi bwa Mixed Migration Centre na UNHCR na bwo bugaragaza ko iyi nzira yo mu Nyanja y’Abahinde ikoreshwa n’abantu baturuka mu bihugu bitandukanye, ndetse ko hari imiyoboro y’abacuruza cyangwa abambutsa abantu ibafasha gukomeza urugendo banyuze muri Tanzania.

Kuki Mayotte ikurura abimukira?

Mayotte iri hagati ya Madagascar n’inkombe za Afurika, ariko ifite umwihariko ukomeye: ni agace k’u Bufaransa.

Ibyo bituma bamwe mu bimukira babona kuhagera nk’uburyo bwo kugera ku butaka bugengwa n’u Bufaransa no gusaba ubuhungiro kandi ubashije kuhagera kabona ibyangombwa ahita yimukira mu bufaransa.

Imibare ya Ofpra yasubiwemo na Le Monde igaragaza ko mu 2025, 50% by’ubusabe bw’ubuhungiro bwatanzwe i Mayotte bwari ubw’Abanyekongo, 24% bukaba ubw’Abanyasomaliya naho 14% bukaba ubw’Abanyacomores.

Mu mezi umunani ya mbere ya 2026, Abanyekongo bari bamaze gutanga ubusabe bw’ubuhungiro 1,005 muri Mayotte.

U Bufaransa bwakajije ingamba

Iki kibazo cyatumye Guverinoma y’u Bufaransa yongera ingamba zo kugenzura abinjira muri Mayotte mu buryo butemewe.

Mu ruzinduko rw’abategetsi b’u Bufaransa i Mayotte muri Kanama 2026, hatangajwe gahunda zirimo kongera uburyo bwo kugenzura inyanja hakoreshejwe drones, ibikoresho byo gutahura amato ndetse no kongera amato akoreshwa mu gufata abagerageza kwambuka.

Guverinoma y’u Bufaransa yanemeje ko iri gukorana n’ibihugu bitandukanye kugira ngo abantu basabiwe ubuhungiro bakabwimwa bashobore gusubizwa mu bihugu bakomokamo. Mu bihugu byavuzwe harimo u Rwanda, RDC, u Burundi, Tanzania, Kenya na Somalia.

Ibi byose bigaragaza ko ikibazo cy’abimukira berekeza muri Mayotte kitakireba Comores gusa, ahubwo kigenda kirushaho kuba ikibazo gifite aho gihuriye n’ibihugu byinshi byo muri Afurika y’Iburasirazuba n’akarere k’Ibiyaga Bigari.

Ibitekerezo