Umubare w’abantu bamaze kwemezwa ko bapfuye mu mwuzure ukomeye wibasiye Nepal ukomeje kwiyongera, mu gihe ibikorwa byo gushakisha abarokotse n’ababuriwe irengero bikomeje mu bice by’imisozi ya Himalaya.
Polisi ya Nepal yatangaje kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 28 Kanama 2026, ko abantu bagera kuri 469 bamaze gupfa, mu gihe abandi babarirwa mu magana bakiburiwe irengero. Uyu mwuzure wibasiye cyane uduce two mu majyaruguru ya Nepal, ku mupaka wa yo na Tibet mu Bushinwa.
Ibi byago byatangiye ku wa Gatatu nyuma y’uko igice kinini cy’urubura rwo ku musozi n’amabuye gihirimye, bigateza umuvumba ukomeye w’amazi, urubura, ibyondo n’amabuye yamanutse mu mibande ku muvuduko munini.
Amazi yibasiye imidugudu, asenya inzu, imihanda, ibiraro n’ibikorwa remezo by’amashanyarazi. Yanangije cyane umuhanda w’ingenzi uhuza Kathmandu na Lhasa muri Tibet, usanzwe ukoreshwa n’abaturage, ba mukerarugendo ndetse n’abakora ingendo nyobokamana.
Ku ruhande rwa Tibet, nibura abantu batatu barapfuye, mu gihe abarenga 550 baburiwe irengero, barimo abanyamahanga. Imibare y’ababuriwe irengero ikomeje guhinduka uko ibikorwa by’ubutabazi bigenda bitanga amakuru mashya.
Abatabazi barimo gukoresha imashini ziremereye mu gukura ibyondo n’amabuye ahasenyutse, ariko ibikorwa byabo bibangamiwe n’imihanda n’ibiraro byangiritse ndetse n’imiterere igoye y’aka gace k’imisozi.
Hari kandi impungenge z’undi mwuzure, nyuma y’uko amazi afunzwe n’ibyondo n’amabuye akomeje kwiyongera mu gace kegereye umupaka. Abategetsi bafite impungenge ko ayo mazi ashobora kurenga cyangwa agasenya icyayafunze, akongera kwibasira uduce tumaze gushegeshwa n’umwuzure wa mbere.
Aka gace ka Himalaya gasanzwe gakundwa cyane na ba mukerarugendo n’abakora ingendo nyobokamana, ku buryo mu baburiwe irengero harimo abanyamahanga baturutse mu bihugu bitandukanye.

Ibitekerezo