Ibimenyetso bishya birerekana ko umwuka mubi wari umaze iminsi hagati y’Amerika na Irani watangiye kugabanuka, nyuma y’uko amakuru atangajwe n’itangazamakuru mpuzamahanga avuga ko impande zombi zongeye kumvikana ku guhagarika ibikorwa bya gisirikare byari byongeye gukaza umurego mu minsi ishize.
Nk’uko byatangajwe n’umwe mu bayobozi ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, impande zombi zemeye kongera kubahiriza amasezerano yo guhagarika imirwano, ibintu bifatwa nk’intambwe ishobora gutuma amahoro agaruka mu Karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, kamaze igihe karangwa n’umutekano muke.
Uyu muyobozi yabwiye CBS News ko amato y’ubucuruzi ategerejwe kongera kunyura mu muhora wa Hormuz mu mutekano no mu bwisanzure, ndetse ko ibiganiro bya dipolomasi bigamije gushakira umuti urambye amakimbirane hagati y’ibihugu byombi bizakomeza.
Nubwo Amerika yatangaje ayo makuru, Irani yo ntabwo yari yagira icyo iyatangazaho ku mugaragaro, ibintu bikomeje gutuma hari abakurikiranira hafi ibya politiki mpuzamahanga bavuga ko hakenewe kwitonda kugeza igihe Tehran izemeza ku mugaragaro ko ishyigikiye ayo masezerano.
Amasezerano yari amaze iminsi abangamiwe
Ku wa 17 Kamena, Amerika na Irani byari byashyize umukono ku masezerano y’ubwumvikane (Memorandum of Understanding – MoU) agizwe n’ingingo 14, harimo n’iyasabaga guhagarika ibikorwa bya gisirikare ku mpande zombi mu buryo bwihuse kandi burambye.
Muri ayo masezerano, Irani yari yemeye gukoresha ubushobozi bwa yo bwose kugira ngo amato y’ubucuruzi ashobore kunyura mu muhora wa Hormuz mu mutekano, nta nkomyi kandi nta yandi mananiza, mu gihe cy’iminsi 60.
Icyakora, ayo masezerano ntiyamaze kabiri kuko mu minsi ishize habayeho kongera guterana amagambo no kugabanaho ibitero hagati y’impande zombi, bituma benshi batangira gushidikanya niba ayo masezerano yari agifite agaciro.
Ibitero byongeye kuzamura ubushyamirane
Umwuka mubi wongeye kubura nyuma y’uko ku wa Kane w’icyumweru gishize igisasu cyaturutse muri Irani kigabwe ku bwato bw’imizigo bwari buri mu muhora wa Hormuz.
Mu gusubiza icyo gitero, ubuyobozi bw’ingabo z’Amerika muri Centcom bwatangaje ko bwagabye ibitero byinshi ku ntego zitandukanye muri Irani, buvuga ko bwarimo kwihimura ku bikorwa bwise “ubugizi bwa nabi bukomeje gukorerwa amato y’ubucuruzi mpuzamahanga.”
Nyuma y’ibyo, ku wa Gatandatu Irani na yo yagabye ibitero ku birindiro by’Amerika biri muri Kuwait na Bahrain. Icyakora, Amerika yavuze ko ibyo bitero bitigeze bigera ku ntego za byo kandi ko nta musirikare wapfuye cyangwa ngo hagire ibikorwa remezo byangirika.
Hormuz ni umuhora ukomeye ku bukungu bw’isi
Umuhora wa Hormuz ni umwe mu nzira z’ingenzi zikoreshwa mu gutwara peteroli na gaze ku isi. Bivugwa ko igice kinini cya peteroli yoherezwa ku masoko mpuzamahanga kinyura muri uwo muhora, ari na yo mpamvu buri kibazo kihabereye gihita kigira ingaruka ku biciro bya peteroli no ku bukungu bw’ibihugu byinshi.
Mu mezi ashize, Tehran yari yafunze uwo muhora nyuma y’uko Amerika ifatanyije na Isiraheli igabye ibitero ku butaka bwa Irani, ibintu byatumye ibiciro bya peteroli bizamuka ku rwego mpuzamahanga ndetse bigateza impungenge ibihugu byinshi bikoresha ingufu zituruka mu Burasirazuba bwo Hagati.
Amerika iri no gushaka amahoro muri Libani
Mu gihe ikomeje gushaka uko yakemura amakimbirane afitanye na Irani, Amerika yanagize uruhare mu gusinya amasezerano hagati ya Isirayeli na Libani agamije gushyiraho inzira y’amahoro arambye hagati y’impande zombi.
Icyakora, ayo masezerano na yo yahise ahura n’imbogamizi kuko umutwe wa Hezbollah ushyigikiwe na Irani wanze kuyemera, ushinja Guverinoma ya Libani kwemera ibintu bihungabanya ubusugire bw’igihugu.
Nyuma y’iminsi ibiri gusa ayo masezerano ashyizweho umukono, ingabo za Isirayeli zatangaje ko zagabye igitero ku muyoboro wo munsi y’ubutaka ufite uburebure bwa metero 200 mu majyepfo ya Libani, zivuga ko wari ukoreshwa na Hezbollah mu kubika no gutwara intwaro nyinshi.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisitiri w’Intebe wa Isirayeli, Benjamin Netanyahu, hamwe na Minisitiri w’Ingabo Israel Katz, ryavuze ko Amerika yari yamenyeshejwe mbere y’icyo gikorwa cya gisirikare.
Ku ruhande rwa Irani, ubuyobozi bwa Tehran bukomeje gutsimbarara ko amahoro arambye mu karere adashoboka keretse habanje guhagarikwa imirwano hagati ya Isiraheli na Hezbollah muri Libani.
Abasesenguzi bavuga ko nubwo kongera kwemeranya guhagarika imirwano hagati y’Amerika na Irani ari intambwe ishimishije, amahoro arambye azaterwa ahanini n’uburyo impande zose zizubahiriza ibyo zemeye, ndetse n’uburyo amakimbirane akomeje kubera muri Libani, Gaza no mu muhora wa Hormuz azakemurwa binyuze mu nzira za dipolomasi aho gukomeza kwifashisha imbaraga za gisirikare.

Ibitekerezo