RSF yamaganye ishimutwa ry’abanyamakuru batatu
Umuryango uharanira ubwisanzure bw’itangazamakuru ku isi Reporteurs Sans Frontières (RSF) wamaganye bikomeye Israel ushinja igisirikare cya yo “gushimuta” abanyamakuru batatu bari mu bwato bwitwaga Global Sumud Flotilla bwerekezaga muri Gaza, bwafatiwe mu mazi mpuzamahanga.
Mu butumwa RSF yashyize ku mbuga nkoranyambaga ku wa Kane w’ejo hashize, yavuze ko yamagana “ishimutwa ryakorewe mu mazi mpuzamahanga n’ingabo za Israel”, rikorewe umunyamakuru w’Umufaransa, Hafed Mribah, n’umufotozi w’Umunya-Turukiya, Mahmut Yavuz, bakorera Al Jazeera, hamwe n’umunyamakuru Alex Colston ukorera Zeteo.
RSF yavuze ko Israel ari yo igomba kubazwa umutekano w’abo banyamakuru.
Al Jazeera yagaragaje impungenge zikomeye ku mutekano w’abakozi ba yo, ishimangira ko ubuyobozi bwa Israel bugomba kubazwa ibishobora kubabaho. Yanahamagariye amahanga gufata umwanzuro uhuriweho wo kwamagana ibikorwa Israel ikomeje byo kurenga ku mategeko mpuzamahanga.
Iki gitangazamakuru cyavuze ko cyabuze amakuru ku ikipe y’abanyamakuru ba cyo yari iri muri ubwo bwato, cyongera gushimangira ko gishyigikiye ubwisanzure bw’itangazamakuru kandi gisaba ko abanyamakuru bose barindwa bagahabwa uburenganzira bwo gukora akazi ka bo nta nkomyi.
Abateguye urwo rugendo bavuze ko ku wa Gatatu nijoro, Israel yafashe amato 22 muri 58 yari yerekeje muri Gaza, iyafatira mu mazi mpuzamahanga hafi y’ikirwa cya Peloponnese mu Bugereki, ahari intera nini uvuye ku nkombe za Palestine. Bavuze kandi ko abantu 211 bafashwe, mu gihe Israel yatangaje ko izabohereza mu Bugereki.
Minisitiri w’Intebe wa Esipanye (Espagne), Pedro Sánchez, yashinje Israel “kongera kurenga ku mategeko mpuzamahanga itera ubwato bw’abasivili mu mazi atari aya yo”, anasaba Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi guhagarika umubano usanzwe hagati y’impande zombi.
Nyuma y’ikorwa nk’iri ryabaye mu Kwakira gushize, bamwe mu bafashwe bavuze ko bakorewe ihohoterwa rikomeye ririmo gukubitwa, gupfukamishwa ku gahato, guhumishwa amaso no kubuzwa gusinzira. Gusa Israel yanyomoje ibyo birego, ivuga ko ari “amakuru atari yo”.
Raporo yasohowe muri Gashyantare n’umuryango uahinzwe kurinda abanyamakuru igaragaza ko, hashingiwe ku buhamya bw’abanyamakuru 59 b’Abanyapalestine bafunzwe nyuma y’ibitero bya Hamas byo mu Kwakira 2023, inzego za Israel zikunze gukorera abanyamakuru ihohoterwa rikomeye ririmo iyicarubozo, gukubitwa bikabije, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kubima ibiribwa no kutabaha ubuvuzi.
Benshi muri abo banyamakuru bavuze ko bafungwa mu buryo bw’igihe kitazwi bataburanye cyangwa ngo bashinjwe ibyaha.

