Sena ya DRC yemeje umushinga wa kamarampaka

Sena ya Repubulika ya Demokarasi ya Kongo (DRC) yemeje ku bwiganze busesuye umushinga w’itegeko uteganya ibikenewe kugira ngo hategurwe kamarampaka.

Uwo mushinga wemejwe ku wa Mbere w’ejo hashize tariki ya 15 Kamena 2026 n’abasenateri 89 bitabiriye itora bose bawushyigikira.

Uwo mushinga wari waramaze kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko ku itariki ya 9 Kamena 2026, ubu hakaba hategerejwe ko Perezida Félix Tshisekedi awushyiraho umukono kugira ngo ube itegeko.

Umukuru w’igihugu afite iminsi 15 yo kuwusinya, kuwusubiza mu Nteko cyangwa kuwuhakana hakurikijwe amategeko. Niba atagize icyo abikoraho muri icyo gihe, uwo mushinga uhita uba itegeko rigatangira gukurikizwa ako kanya.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi banenga iri tegeko bavuga ko ari intambwe ishobora gutuma Itegeko Nshinga rihindurwa, bikaba byatuma Perezida Tshisekedi yakomeza kuyobora igihugu nyuma y’igihe cye cya kabiri, gisanzwe ari nacyo cya nyuma, giteganyijwe kurangira mu 2028.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu kwezi gushize, Perezida Tshisekedi yavuze ko yiteguye gukomeza kuyobora nyuma ya 2028, igihe abaturage ba RDC babigaragaje binyuze muri kamarampaka.

Hari imvururu zabaye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ubwo ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi ryagendaga mu mihanda i Kinshasa, rinyuranyije n’itegeko ribuza imyigaragambyo.

Haje no kuba imirwano hafi y’inyubako y’Inteko Ishinga Amategeko (Palais du Peuple) nyuma y’uko inzego z’umutekano zigerageje gusenya imyigaragambyo yari yegereye iyo nyubako.

Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Martin Fayulu, wabaye uwa gatatu mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu 2023, bivugwa ko yakomeretse muri izo mvururu, aho amafoto yamugaragaje yambaye ishati irimo amaraso.

Abategetsi bari barashyizeho ahandi hantu ho gukorera imyigaragambyo, bavuga ko ari ngombwa kurinda Inteko Ishinga Amategeko no kwirinda ihungabana ry’umutekano.

Banasabye ko imyigaragambyo itemewe n’amategeko izajya ihanishwa bikomeye, mu gihe impaka za politiki ku mushinga w’itegeko rya kamarampaka zikomeje gufata indi ntera.

Perezida wa Sena ya DRC, Jean-Michel Sama Lukonde, igihe abasenateri barimo biga umushinga wa kamarampaka, ku wa Mbere. (Ifoto: Sena ya DRC kuri X)

Ibitekerezo