Tom Byabagamba wari warakatiwe imyaka 15 yapfuye

Ku myaka 59 y’amavuko, Tom Byabagamba wahoze ari Colonel mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) ndetse akanayobora umutwe w’abasirikare barinda Umukuru w’Igihugu, yapfiriye muri gereza ya gisirikare yari afungiyemo.

Amakuru y’urupfu rwe yatangajwe kuri uyu wa 25 Kanama 2026 n’umuvandimwe we Dr David Himbara, abinyujije ku rubuga rwa X rwahoze rwitwa Twitter. Yavuze ko umuryango wababajwe cyane no kubura Byabagamba, wari umaze imyaka igera kuri 12 afunzwe.

Himbara yagize ati: “Dufite akababaro kenshi ko gutangaza urupfu rw’umuvandimwe wacu dukunda cyane, Colonel Tom Byabagamba, wapfiriye muri gereza mu Rwanda. Roho ye iruhukire mu mahoro”.

Yongeyeho ko Byabagamba yahariye imyaka myinshi y’ubuzima bwe gukorera u Rwanda nk’umusirikare mukuru, bityo ko azakumburwa n’umuryango, inshuti n’abandi bamumenye.

Mu kiganiro yahaye BBC Gahuzamiryango, Himbara yavuze ko umuryango utaramenya icyateye urupfu rwe, anavuga ko mu myaka ishize utari wemerewe kumusura. Kugeza ubwo aya makuru yatangazwaga, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS) n’izindi nzego zibishinzwe ntizari zagatangaza ku mugaragaro icyateye urupfu rwa Byabagamba.

Tom Byabagamba yari umwe mu basirikare bakuru bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora u Rwanda rwatangiye ku wa 1 Ukwakira 1990, rukarangira ku ya 4 Nyakanga 1994. Yamaze imyaka myinshi mu bashinzwe umutekano wa Perezida Paul Kagame, aza no kuyobora umutwe w’ingabo zirinda Umukuru w’Igihugu.

Yatawe muri yombi ku wa 24 Kanama 2014, areganwa na Brig Gen (Rtd) Frank Rusagara wari muramu we, ndetse na Sgt (Rtd) François Kabayiza.

Ku wa 31 Werurwe 2016, Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwahamije Byabagamba ibyaha birimo kubiba ibihuha bigamije guteza imvururu muri rubanda, gusebya Leta kandi ari umuyobozi no gusuzugura ibendera ry’igihugu. Yahanishijwe gufungwa imyaka 21 no kwamburwa ipeti rya Colonel.

Byabagamba yahakanye ibyo byaha, avuga ko yabihimbiwe, ahita ajurira. Mu Kuboza 2019, Urukiko rw’Ubujurire rwagabanyije igihano cye, ruva ku myaka 21 rugera ku myaka 15, ariko rugumishaho icyemezo cyo kumwambura amapeti ya gisirikare. Minisiteri y’Ingabo yemeza ko yatawe muri yombi mu 2014, naho igihano cy’imyaka 15 kigafatwa ku wa 27 Ukuboza 2019.

Mu 2020, Byabagamba yongeye gukurikiranwa ku cyaha cyo kwiba telefone, nyuma y’uko isanzwe aho yari afungiye. Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwamukatiye imyaka itatu, ariko mu bujurire bwo mu 2021 icyo gihano kiragabanywa kiba umwaka umwe. Yakomeje guhakana ubujura, avuga ko nta muntu wigeze agaragazwa nk’uwibwe iyo telefone. Kigali Today yatangaje ko urwo rubanza rwagiye ruburanishwa kenshi mu 2020.

Urupfu rwa Byabagamba rubaye nyuma y’urw’uwo bareganwaga, Brig Gen (Rtd) Frank Rusagara, wapfiriye muri gereza muri Werurwe 2025. Rusagara yari yarakatiwe imyaka 20 mu 2016, nyuma igihano kiragabanywa kiba imyaka 15. Bombi bari barakomeje guhakana ibyaha bashinjwaga.

Mu 2024, IGIHE yatangaje ko Byabagamba na Rusagara bari bakuye mu Rukiko rw’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba ikirego bari bararezemo Leta y’u Rwanda.

Tom Byabagamba asize umugore n’abana babiri b’abahungu.

Tom Byabagamba yapfuye. Ifoto: Interineti

Ibitekerezo