Trump azizihiza isabukuru y’imyaka 80 mu buryo budasanzwe

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, ku Cyumweru azizihiza isabukuru y’amavuko y’imyaka 80 mu buryo budasanzwe, aho ateganya kwakira irushanwa rikomeye ry’imikino njyarugamba ya MMA (Mixed Martial Arts) mu busitani bwa White House.

Iri rushanwa rizabera mu nyubako nini yiswe “The Claw” (Igikumwe), ifite uburebure bwa metero 28, yubatswe imbere ya White House. Biteganyijwe ko rizatwara amafaranga agera kuri miliyoni 60 z’Amadolari y’Amerika (miliyari zirenga 67 z’amafaranga y’u Rwanda).

Ku mugaragaro, iki gikorwa kigamije gutangiza ibirori byo kwizihiza imyaka 250 ishize Amerika itangaje ubwigenge bwa yo. Icyakora, hari abatavuga rumwe n’iki gikorwa bavuga ko gikozwe mu gihe abaturage benshi bahangayikishijwe n’izamuka ry’ibiciro ryatewe n’ibibazo bya politiki n’intambara Amerika ifitanye isano na Iran.

Trump yavuze ko amafaranga yose yo gutegura iki gikorwa azatangwa n’ishyirahamwe rya UFC, rizwi cyane mu gutegura amarushanwa ya MMA ku rwego rw’isi.

Uyu Perezida w’Amerika ntahisha ko akunda cyane uyu mukino urimo gukubana gukomeye, aho abarwanyi bakoresha uburyo butandukanye bukomoka mu mikino nka judo, ubwitonzi bwo kurwana, ndetse n’iteramakofe ryo muri Thailand. Umufaransa Ciryl Gane ari mu barwanyi 14 bazitabira iri rushanwa.

Trump yavuze ko abarwanyi bazarwanira mu kazu kameze nk’umunani (octogone) ari bamwe mu bantu bafite imbaraga n’ubushobozi budasanzwe, ashimangira ko abazareba irushanwa bazatangazwa n’ibyo bazibonera.

Donald Trump ku wa 5 Kamena 2026 muri Wisconsin. Ifoto: AFP/Saul Loeb.

Uyu mukino kandi ubaye uburyo Trump akomeza kwegera urubyiruko cyane cyane abasore benshi bakunda MMA kandi bamushyigikira mu bya politiki.

Ubuyobozi bw’Amerika burimo no gukoresha iri rushanwa nk’igikoresho cyo kwamamaza igihugu ku rwego mpuzamahanga. Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, yavuze ko iri rushanwa rishobora gukurikirwa n’abantu bagera kuri miliyari imwe ku Isi yose.

Ni ubwa mbere mu mateka White House igiye kwakira igikorwa nk’iki. Ahantu iri rushanwa ribera hasanzwe hazwi mu mateka ya Amerika kubera ibikorwa bikomeye byahabereye birimo isinywa ry’Amasezerano ya Oslo ndetse n’isezera rya Richard Nixon nyuma ya Watergate.

Abantu barenga 4,000 bazinjira muri iri rushanwa, harimo abasirikare b’Amerika benshi, mu gihe abarenga 100,000 bazarikurikiranira ahantu hateganyirijwe abafana hafi ya White House.

Abasesenguzi bavuga ko iki gikorwa kigaragaza uburyo Trump akunda gukoresha ibikorwa bikurura amaso ya benshi. Peter Loge, umwarimu muri Kaminuza ya George Washington, yavuze ko Trump yubakiye izina rye ku kuba igitaramo gihora gikurura abantu.

Nubwo hari abashyigikiye iki gikorwa, abandi bakomeje kukinenga bavuga ko ari ugukoresha nabi umutungo rusange hagamijwe inyungu za hafi z’abakomeye. Hari n’abagejeje ikirego mu nkiko bashaka ko gihagarikwa, ariko White House yabyamaganiye kure.

Ubuyobozi bwa White House bwatangaje ko inyubako ya “The Claw” izasenywa ako kanya nyuma y’uko irushanwa rirangiye.

Donald Trump ari kumwe n’abarwanyi ba MMA muri White House ku wa 6 Gicurasi 2026. Ifoto: AFP/Kent Nishimura.
Ibikorwa byo kubaka ikibuga kizakirirwamo imikino ya MMA imbere ya White House, ku wa 29 Gicurasi 2026 i Washington. Ifoto: AFP/Anne Lebreton.

Ibitekerezo