AmakuruPolitiki

Trump na Xi basoje inama y’amayobera, ibyavuyemo bikomeza guhishwa

Donald Trump yasubiye i Washington nyuma y’iminsi ibiri y’ibiganiro na Xi Jinping w’Ubushinwa, avuga ko urwo ruzinduko “rwagenze neza cyane” kandi ko ari kimwe mu byo atazibagirwa yasuye Beijing.

Ku ruhande rw’Ubushinwa, ibitangazamakuru by’aho byagaragaje ko Xi yashimishijwe n’uru ruzinduko yise “urw’amateka kandi rudasanzwe.”

Mu musozo w’ibiganiro bya bo, abayobozi bombi baganiriye ku bucuruzi, ikibazo cya Irani ndetse n’izindi ngingo zitandukanye, ariko byinshi mu byo baganiriyeho ntibyashyizwe ahagaragara, cyane cyane ku kibazo cy’imbere cy’akarere ka Tayiwani.

Nta masezerano akomeye ku bucuruzi cyangwa politiki yatangajwe, nubwo Trump yari aherekejwe n’abacuruzi batandukanye bo muri Amerika barimo ELon Musk.

Mu kiganiro cya Fox News cyavuze muri urwo ruzinduko, Trump yavuze ko Ubushinwa bwemeye kugura peteroli y’Amerika ndetse n’indege 200 za Boeing, ariko Beijing ntiyigeze itanga icyemezo kuri ayo makuru.

Xi yanajyanye Trump gusura Zhongnanhai, ahantu hakorera kandi hakinirwamo politiki y’abayobozi bakuru b’Ubushinwa.

Umunyamakuru Laura Bicker yavuze ko Trump yagaragaye nk’umushyitsi udasanzwe muri uru ruzinduko, aho yumvaga yitonze isomo rya Xi ku mateka y’Ubushinwa.

Perezida, Xi Jinping w’Ubushinwa na Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (Ifoto: BBC)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *