Trump yageze i Beijing mu Bushinwa mu ruzinduko rwibazwaho na benshi
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yageze i Beijing mu Bushinwa ku wa 13 Gicurasi 2026 mu ruzinduko rw’amateka rw’iminsi ibiri, rukaba urwambere umukuru w’igihugu cya Amerika agiriye mu Bushinwa mu gihe cy’imyaka hafi icumi.
Kuri kibuga cy’indege cya Beijing, Trump yakiriwe na Visi-Perezida w’u Bushinwa, Han Zheng, aherekejwe n’akarasisi k’abasirikare n’abana bafite amabendera y’ibihugu byombi.
White House yatangaje ko Trump yaherekejwe n’abanyemari bakomeye barimo Elon Musk (Tesla), Tim Cook (Apple), Jensen Huang (Nvidia), Kelly Ortberg (Boeing) ndetse harimo umuhungu we Eric Trump.
Trump na Xi Jiping, abakuru b’ibihugu bikomeye mu bukungu n’igisirikare kurusha ibindi ku isi, bagiye guhura mu gihe batavuga rumwe ku ngingo zitandukanye zirimo ubucuruzi hagati y’ibihugu byabo n’intambara Amerika yateyemo Iran.
Uru rugendo rurimo gukurikiranirwa hafi n’isi yose kubera ingingo zikomeye kandi zigoye ziteganyijwe kuganirwaho hagati ya Trump na Perezida Xi Jinping.
Uru ruzinduka rubaye mu gihe hasanzwe hari umwuka mubi hagati y’Ubushinwa na Amerika kubera imisoro y’ibicuruzwa hagati y’ibihugu byombi yazamuwe.
America na Israeli bari mu ntambara na Iran, bikaba byarateje ikibazo cy’ingufu n’ifungwa ry’amazi ya Strait of Hormuz, kuri iki kibazo Trump arashaka ko Ubushinwa (busanzwe bugura 90% bya peteroli ya Iran) bukoresha igitutu buhafite bugashishikariza Iran kwemera ibiganiro by’amahoro.
Uru ruzinduko ruje nyuma y’uko mu mwaka wa 2025 ibihugu byombi byazamuranye imisoro bikaza kugera ku bwumvikane bw’agateganyo muri Koreya y’Epfo, Trump arashaka ko Ubushinwa “bufungura amarembo” ku mugaragaro ku bikorwa by’abanyamerika. Kampani nka Boeing irashaka no gukorana amasezerano yo kugurisha indege zabo mu Bushinwa.
Ubushinwa bufata Taiwan nk’intara yabwo yiyomoye, mu gihe Amerika yakomeje kuyigurisha intwaro zifite agaciro ka mliyari z’amadorari. Iyi ngingo niyo izaba ikomeye cyane mu mubonano wabo.


