Turukiya: Umwana w’imyaka 14 yagabye igitero ku kigo cy’ishuri gihitana abantu icyenda
Nibura abanyeshuri umunani hamwe n’umwarimu umwe bahitanywe n’amasasu, mu gihe abandi benshi bakomerekejwe n’igitero cyagabwe ku ishuri riri mu majyepfo ya Turukiya, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Mustafa Ciftci.
Icyo gitero cyabereye ku ishuri ryisumbuye rya Ayser Calik riherereye mu Mujyi wa Kahramanmaras. Uyu muyobozi yavuze ko abantu 13 bakomeretse, muri bo batandatu bakaba bakomeretse mu buryo bukomeye.
Amakuru yatanzwe n’abategetsi agaragaza ko uwakoze iki gitero ari umwana w’imyaka 14, na we wahise ahasiga ubuzima.
Ibi bibaye nyuma y’umunsi umwe gusa habaye ikindi gitero ku rindi shuri ryo muri ako gace, aho uwahoze ari umunyeshuri yarashe agakomeretsamo abantu 16, nyuma akaza kwiyahura.
Kugeza ubu, impamvu yateye iki gitero ntiramenyekana, ariko inzego zibishinzwe zatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane icyabimuteye.

