U Rwanda ruri mu bihugu 10 bya mbere bigura intwaro nyinshi muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara
Raporo y’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubushakashatsi ku Mahoro cya SIPRI igaragaza ko nubwo iyinjizwa ry’ibntwaro muri Afurika ryagabanutseho 41%, Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara ikomeje guhangana mu kugura intwaro za gisirikare.
Ibihugu bya mbere byinjiza ibirwanisho byinshi harimo Nigeria, Sénégal na Mali, aho aka karere gafite 13% by’isoko ry’intwaro zinjizwa ku mugabane. Iyi mibare ishingiye ku bushakashatsi bwakozwe hagati ya 2021 na 2025 hakoreshejwe ibipimo bya TIV.
Nigeria ni yo iza imbere, ifite 16% by’intwaro zinjizwa muri aka karere, ikaba igura cyane indege z’intambara, drones, kajugujugu n’amato ya gisirikare mu bihugu birimo Turkiya, Amerika, Ubushinwa n’Uburusiya. Sénégal iza ku mwanya wa kabiri, yashoye cyane mu bwato bwo kurinda inyanja n’indege zicunga umutekano kubera ibikorwa bya gaz na peteroli. Mali yo yongereye cyane ubushobozi bwa gisirikare nyuma yo kwegera Uburusiya, igura drones, indege n’intwaro ziremereye.
Ethiopia, Angola na Kenya na byo biri mu bihugu byongereye cyane igura ry’ibikoresho bya gisirikare kubera ibibazo by’umutekano n’intambara. Mauritania, Burkina Faso na Côte d’Ivoire byo byakajije umutekano kubera iterabwoba ry’imitwe y’aba jihadistes mu karere ka Sahel.
U Rwanda ruri ku mwanya wa 10, rufite 3,5% by’intwaro zinjizwa muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara. Rwaguze kajugujugu z’intambara, imodoka za gisirikare zikingiye hamwe na misile zo kurinda ikirere, bikaba bifite agaciro ka miliyoni 118,73 z’ibipimo bya TIV.
Mu bihugu byinjije intwaro nyinshi kandi biri mu bibazo by’umutekano, Sudani iri mu ntambara iza mu myanya ya mbere, aho yaguze intwaro zifite agaciro ka miliyoni 115,02 z’ibipimo bya TIV. Republika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) na yo yashoye hafi miliyoni 110,9 z’ibi bipimo mu kugura ibikoresho bya gisirikare. Niger, iri mu bihugu bigize Ihuriro rya Sahel kandi ihanganye n’imitwe y’iterabwoba y’aba jihadistes, yashoye miliyoni 76,54 z’ibipimo bya TIV.
Ku rwego rw’abagurisha ibirwanisho muri Afurika, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ni zo ziza imbere ku kigero cya 19%, zigakurikirwa n’Ubushinwa bufite 17%, Uburusiya bufite 15%, Ubufaransa bufite 8,3% ndetse na Brésil.
Gusa mu bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, Ubushinwa ni bwo bwiganje cyane kuko bwatanze 22% by’ibntwaro zaguzwe n’ibihugu 23 hagati ya 2021 na 2025. Bukurikirwa n’Uburusiya bufite 12% na Turkiya ifite 11%.

