Uburayi: Inkongi zikomeje guteza ibyago birimo impfu

Abazimyamuriro batatu bo mu Bugereki bamaze guhitanwa n’inkongi z’umuriro zikomeje kwibasira icyo gihugu, mu gihe ibihugu byinshi byo mu majyepfo y’Uburayi bikomeje guhangana n’ubushyuhe bukabije ndetse n’inkongi zikwirakwira ku muvuduko udasanzwe.

Ibi byabereye ku kirwa cya Crete no mu gace ka Peloponnese, aho umuyaga ukomeye wihutishije ikwirakwira ry’umuriro, bigatuma ibikorwa byo kuzimya biba bitoroshye ndetse abaturage n’abakerarugendo benshi bagahunga ingo za bo.

Abategetsi b’Ubugereki batangaje ko abazimyamuriro babiri bapfiriye mu gace ka Rethymno ku kirwa cya Crete, nyuma yo kugotwa n’umuriro ubwo bari mu gikorwa cyo gutabara abaturage no kugerageza kuwuzimya. Undi muzimyamuriro yapfiriye hafi y’umujyi wa Gytheio muri Peloponnese nyuma yo kuboneka yaguye igihumure.

Urupfu rw’aba bazimyamuriro rwashenguye abaturage ndetse n’inzego z’umutekano, kuko bari bari ku murongo wa mbere bahangana n’inkongi zikomeje kwangiza ibice byinshi by’igihugu.

Abatangabuhamya bavuga ko inkongi nyinshi zatangiriye ahantu hatandukanye ku kirwa cya Crete, ariko zikaza guhurirana bitewe n’umuyaga mwinshi wahuhaga ku muvuduko ukabije.

Mu duce tumwe na tumwe, umuriro wari ufite uburebure burenga ibilometero 15, ibintu byatumye ibikorwa byo kuwuzimya birushaho kugorana.

Abaturage ndetse n’abakerarugendo bari mu gace ka Krya Vrysi, aho abazimyamuriro babiri bapfiriye, bahise bimurwa mu buryo bwihuse kugira ngo barokoke.

Umwe mu baturage witwa Chrissa Gioukaki yavuze ko umuyaga wari ukaze ku buryo umuntu atashoboraga no guhagarara neza.

Yagize ati: “Umuyaga wari ukaze bidasanzwe. Hari igihe utashoboraga no guhagarara. Imiriro yari ifite ingufu cyane kandi byari biteye ubwoba.”

Uretse Crete, inkongi z’umuriro zongeye kugaragara ku birwa bya Paros na Lesbos biri mu nyanja ya Aegean, ndetse no mu gace ka Trifylia ko mu Bugereki.

Abategetsi bavuga ko imodoka z’ubutabazi, indege zizamya umuriro na kajugujugu bikomeje koherezwa muri utu duce kugira ngo umuriro udakomeza gukwira.

Ikibazo gikomeye ni uko ubushyuhe bukabije n’umuyaga bikomeje gutuma umuriro wongera kubyuka n’aho wari umaze kuzimywa.

Mu gihugu cya Turukiya, umuriro watangiriye mu Ntara ya Muğla, bituma umuhanda munini uhuza Fethiye na Antalya ufungwa by’agateganyo.

Byongeye kandi, igice kimwe cy’ibitaro cyimuwe kugira ngo abarwayi batagerwaho n’umuriro.

Abayobozi bavuga ko ibikorwa byo gutabara bikomeje gukorwa amasaha 24 kuri 24 kugira ngo umuriro utagera mu mijyi minini no mu bice by’ubukerarugendo.

Espagne ikomeje guhangana n’inkongi ikomeye mu mateka ya yo

Mu gihugu cya Espagne, Minisitiri w’Intebe Pedro Sánchez yavuze ko mu masaha 12 ari yo azagena niba inkongi ikomeje hafi ya Madrid ishobora kuzimywa burundu.

Yavuze ko nubwo hari icyizere, ubushyuhe bukomeje kwiyongera, ubuhehere bukagabanuka ndetse n’umuyaga ushobora kongera gukwirakwiza umuriro.

Ati: “Ibintu biri kugenda neza ariko bisaba ubwitonzi bukomeye.”

Mu Ntara ya Ávila, ahitwa Burgohondo, umuriro umaze gutwika ubutaka burenga hegitari 43,000, bikaba bivugwa ko ari inkongi nini cyane igihugu cya Espagne cyigeze kibona mu mateka yacyo.

Mu mwaka wa 2026 gusa, hegitari zirenga 207,000 zimaze kwangizwa n’inkongi z’umuriro muri Espagne.

Umwe mu bayobozi b’itsinda rishinzwe kuzimya umuriro, Francisco Bolaños, yavuze ko nubwo umuriro utigeze wongera gukwira nijoro, bafite impungenge ko ushobora kongera kubyuka kubera izamuka ry’ubushyuhe.

Yavuze ko ubu intego ari ugukomeza kurinda umurongo wa kilometero hafi 180 kugira ngo umuriro udakomeza gukwira.

Ibihumbi by’abaturage batangiye gusubira mu ngo za bo

Nyuma y’uko umuriro ugabanutse mu bice bimwe, ubuyobozi bwatangiye kwemerera abaturage gusubira mu ngo za bo.

Mu gace ka Madrid honyine, abantu bagera ku 24,000 bemerewe gutaha, mu gihe abandi basaga 20,000 na bo bakuriweho amabwiriza yo kuguma mu ngo.

Abaturage bagera ku 1,000 bo mu mijyi ya Navas del Rey na Chapinería na bo basubiye mu ngo za bo nyuma y’iminsi bari mu buhungiro.

Icyakora, benshi basanze inzu za bo zarahiye cyangwa ibikorwa bya bo by’ubucuruzi byarangiritse.

Umuyobozi wa Chapinería, Lucía Moya, yavuze ko abaturage benshi batakaje inzu ndetse n’akazi, bityo kongera kubaho nk’uko byari bisanzwe bizasaba igihe kirekire.

Nubwo hari aho umuriro wagabanutse, hari indi nkongi ikomeje kugora abashinzwe ubutabazi mu gace ka Vall d’Uixó, mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Valencia.

Mu gihugu cya Portugal na ho inkongi zikomeje kwibasira akarere ka Vila Real, aho abayobozi bakomeje kurinda uruganda rutunganya amazi ndetse n’ikigega kibikwamo gaze kugira ngo bitagerwaho n’umuriro.

Ubufaransa bwongeye kwibasirwa n’ubushyuhe bukabije

Mu Bufaransa, umuraba wa kane w’ubushyuhe bukabije muri uyu mwaka watangiye, ndetse abashinzwe kuzimya umuriro bakomeje gukurikirana inkongi zari zimaze kugenzurwa kugira ngo zitongera kubyuka.

Mu gace ka Gironde, aho habaye inkongi zikomeye mu minsi ishize, abayobozi bavuga ko umuriro ugifashwe ariko ko umuyaga wumye n’ubushyuhe bushobora kugera kuri dogere 41°C bishobora gutuma wongera gukwirakwira.

Umuyobozi w’umujyi wa Le Barp, Blandine Sarrazin, yasabye abaturage kuba maso cyane nyuma y’uko izindi nkongi ebyiri zigaragaye.

Mu turere 16 two mu Bufaransa hashyizweho impuruza y’ibara rya orange kubera ubushyuhe bukabije.

Abashinzwe ubutabazi banashyizeho uburyo bwihariye bwo kurinda inganda zikora ibikoresho bya gisirikare n’iby’isanzure bikoresha ibinyabutabire bishobora guteza ibindi byago iyo umuriro ubigezeho.

Impamvu inkongi zikomeje kwiyongera i Burayi

Abahanga mu by’ubumenyi bw’ikirere bavuga ko impinduka z’ibihe zikomeje gutuma isi ishyuha, ariko umugabane w’Uburayi ukaba ari wo ushyuha ku muvuduko uruta iyindi migabane.

Ikigo Copernicus Climate Change Service cyagaragaje ko Uburayi bushyuha hafi inshuro ebyiri ugereranyije n’impuzandengo y’isi yose.

Ibi bituma habaho:

  • Ubushyuhe bukabije mu mpeshyi;
  • Amapfa arushaho kwiyongera;
  • Amashyamba yumuka cyane;
  • Inkongi z’umuriro zikwirakwira ku muvuduko munini;
  • Ibyago ku buzima bw’abaturage, ubukerarugendo n’ubuhinzi.

Abahanga basaba ibihugu gukomeza gushora imari mu buryo bwo gukumira inkongi, kongera ubushobozi bw’abazimyamuriro, kubungabunga amashyamba no kugabanya imyuka ihumanya ikirere kugira ngo hagabanuke ubukana bw’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.

Mu gihe ibihugu byo mu majyepfo y’Uburayi bikomeje guhangana n’ubu bushyuhe bukabije, impungenge ni uko mu byumweru biri imbere hashobora kongera kwaduka izindi nkongi zikomeye, zikaba zakomeza gushyira ubuzima bw’abaturage n’abazimyamuriro mu kaga, ndetse zigateza igihombo gikomeye ku bukungu no ku bidukikije.

Inkongi yahitanye abazimyamuriro batatu. (Ifoto: EPA)

Ibitekerezo