Abantu bagera kuri 25 bapfuye nyuma y’uko ubwato bw’imizigo bwari bufite ibendera ry’amahanga bufashwe n’inkongi ubwo bwari buhagaze ku cyambu cyo mu Bushinwa, nk’uko byatangajwe n’itangazamakuru rya leta.
Mu bantu 42 bari muri ubwo bwato, 12 batabawe bakiri bazima, mu gihe batanu bari mu bitaro bakomeretse kandi bari mu buzima bwiza, nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru cya leta, CCTV, kuri uyu wa Kane tariki ya 10 Nzeri 2026.
Ibiro ntaramakuru bya leta, Xinhua, byavuze ko inkongi y’umuriro yadutse ahagana saa tanu n’iminota cumi n’itanu za mugitondo zo ku isaha yo muri ako gace (03:15 GMT) mu gihe ubwato bwari buhagaze kugira ngo busanwe muri sosiyete y’ubwato ya Beihai ku cyambu cya Qingdao, ikigo gikomeye cy’ubwato giherereye mu Ntara ya Shandong mu burasirazuba bw’Ubushinwa.
Abashinzwe kuzimya inkongi bamaze amasaha arenga atatu bahangana na yo, mbere y’uko izimywa ahagana saa munani n’igice z’amanywa. Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje umwotsi mwinshi ucumba muri ubwo bwato, mu gihe abakozi bageragezaga kuzimya umuriro.
Perezida w’Ubushinwa, Xi Jinping, yasabye ko ibikorwa by’ubutabazi bikorwa mu buryo bwihuse kandi hakorwa iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane icyateye iyi nkongi. Yasabye kandi ko ingamba zo gukumira impanuka zikomeye mu bigo by’ubwubatsi n’isanwa ry’amato zongerwamo imbaraga.
Minisitiri w’Intebe, Li Qiang, na we yasabye ko abakomeretse bahabwa ubuvuzi bwihuse kandi abagize uruhare mu burangare, niburamuka bugaragaye, bakabibazwa.
Beihai Shipbuilding ni ishami rya China State Shipbuilding Corporation, ikigo cya Leta kiri mu bikomeye ku Isi mu gukora no gusana amato. Icyateye iyo nkongi ntikiramenyekana.

Ibitekerezo