Umubyeyi wo muri Venezuela warokotse nyuma yo kumara amasaha menshi munsi y’ibisigazwa by’inzu yasenywe n’umutingito yavuze ko umuhungu we wari ufite iminsi 18 avutse ari we wamuhaye imbaraga zo gukomeza guhangana n’urupfu kugeza igihe abatabazi bamukuriyeho.
Dayana Patino yari mu nzu ye iri ku igorofa rya munani mu gace ka La Guaira, ku nkombe z’inyanja mu majyaruguru ya Venezuela, ari kumwe n’umuhungu we Juan David, ubwo igihugu cyibasirwaga n’imitingito ibiri ikomeye yakurikiyeho.
Uyu mubyeyi yavuze ko akimara kumva isi itangiye kunyeganyega, yahise yihutira gufata no kwambika umwana we kugira ngo amurinde. Icyakora, mbere y’uko abasha gusohoka, inyubako yabagamo yarasenyutse, ibataba munsi y’ibisigazwa bya yo.
Yagize ati: “Numvise meze nk’aho ndimo kuguruka. Byari nk’aho ndi kurohama mu mazi no mu gitaka icyarimwe, hanyuma mpita ngwa mu cyobo cyari cyasigaye nyuma y’uko inzu isenyutse”.
Dayana yavuze ko yakomeretse bikomeye azize ibice by’inzu n’ibikoresho byamuguyeho, ariko ko nubwo yari ababaye cyane atigeze arekura umwana we.
Ati: “Sinzi uko nabashije gukomeza kumufata kuko nanjye nari nkiri kumanuka. Nakomerekejwe n’ibikoresho byinshi, ariko ikintu cyonyine natekerezaga ni uko ngomba kurinda umwana wanjye”.
We n’umwana we bamaze amasaha menshi bari munsi y’ibisigazwa by’inyubako, aho umubyeyi yakomeje guhamagara asaba ubutabazi. Induru ye yaje kumvwa n’abatabazi, babasha kubageraho mu ijoro ryo ku wa Kane, babavana mu matongo bombi bakiri bazima.
Dayana yavuze ko icyamufashije kudacika intege ari ukwizera ko umwana we agihumeka.
Yagize ati: “Igihe cyose yari akiri muzima, nanjye numvaga ngomba gukomeza kubaho. Rimwe na rimwe namukoraga ku mazuru kugira ngo ndebe niba agihumeka. Ibyo byampaga icyizere cyo gukomeza kwihangana”.
Amashusho yafashwe ubwo abatabazi bakuraga Juan David mu bisigazwa by’inzu yasenyutse yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru hirya no hino ku isi. Abantu benshi bayafashe nk’ikimenyetso cy’icyizere n’ubutwari mu gihe igihugu cyari cyugarijwe n’ibihe bikomeye.
Abashinzwe ubutabazi batangaje ko ibikorwa byo gushakisha abarokotse byakozwe amasaha 24 kuri 24, hifashishijwe imbwa zatojwe gushakisha abantu, imashini zikuraho ibisigazwa by’inyubako ndetse n’abakorerabushake benshi bifatanyije n’inzego z’umutekano.
Imitingito ibiri yibasiye Venezuwela yangije inyubako nyinshi, imihanda n’ibindi bikorwa remezo, cyane cyane mu bice byo ku nkombe z’inyanja. Ibihumbi by’abaturage byabaye ngombwa ko bava mu byabo bajyanwa mu nkambi z’agateganyo, mu gihe inzego z’ubutabazi zakomezaga gushakisha ababa bakiri munsi y’amatongo.
Raporo zatangajwe zigaragaza ko iyo mitingito yahitanye abantu bagera ku 1,450, mu gihe abandi ibihumbi bakomerekeye muri ayo mahano. Hari kandi benshi babuze aho kuba nyuma y’isenyuka ry’amazu n’inyubako zitandukanye.
Perezida wa Venezuela yatangaje icyunamo rusange anashimira abashinzwe ubutabazi, abaganga n’abakorerabushake bakomeje gukora ubutaruhuka kugira ngo barokore ubuzima bw’abaturage no gufasha abagizweho ingaruka n’iki kibazo.
Inkuru ya Dayana Patino n’umwana we Juan David yakomeje gukora ku mitima ya benshi ku isi, aho benshi bavuga ko ari urugero rw’urukundo rw’umubyeyi n’imbaraga umuntu ashobora kugira iyo aharanira kurokora ubuzima bw’uwo akunda. Nubwo ibihumbi by’imiryango byasigaye mu gahinda gakomeye, kurokoka kw’uyu mwana w’iminsi 18 n’umubyeyi we byabaye ishusho y’icyizere ko no mu bihe bikomeye cyane, ubuzima bushobora kongera gutsinda.

Ibitekerezo