Umushinwa yakatiwe gufungwa umwaka umwe azira gucuruza ibimonyo abivanye muri Kenya
Umugabo ukomoka mu Bushinwa yakatiwe igifungo cy’umwaka umwe azira kugerageza gusohora mu gihugu cya Kenya ibimonyo byinshi by’imbere mu gihugu nk’uko BBC yabitangaje.
Mu rubanza rwabereye i Nairobi, umucamanza witwa Irene Gichobi yamuciye kandi ihazabu y’amashilingi ya Kenya angana na miliyoni imwe (arenga 11,000,000 FRw), amushinja kutagaragaza ukuri ku buryo buhagije no kuterekana ko yicuza ibyo yakoze.
Uyu mugabo witwa Zhang Kequn yafatiwe ku kibuga cy’indege cya Jomo Kenyatta International Airport mu kwezi gushize, agerageza gufata indege ijya mu Bushinwa, mu mizigo ye harimo ibimonyo birenga 2,000.
Abategetsi ba Kenya batangaje ko ubucuruzi bw’ibimonyo butemewe n’amategeko buri kwiyongera cyane mu bihugu by’i Burayi no muri Aziya, aho kimwe gishobora kugurishwa kugera ku madolari y’Amerika 220.
Urukiko rwagaragaje ko ibikorwa nk’ibi bishobora guteza ingaruka zikomeye ku bidukikije.
Umucamanza Gichobi yavuze ko hakenewe ibihano bikomeye kugira ngo bibere urugero abandi bashaka gukora ibyaha nk’ibi, anagaragaza ko imanza z’ikorwa ry’ubucuruzi bw’ibimonyo zigenda ziyongera ndetse zikaba zifite ingaruka mbi ku bidukikije.
Zhang, wabanje guhakana icyaha ariko nyuma akaza kucyemera, azoherezwa iwabo mu Bushinwa nyuma yo kurangiza igihano.
Yahawe iminsi 14 yo kujurira, kandi umwunganizi we mu mategeko yavuze ko ateganya kujurira.

