Urupfu rw’uwahoze ari Minisitiri rwateje impaka muri Zambia

Inzego z’umutekano muri Zambia zemeje ko Mutotwe Kafwaya, wahoze ari Minisitiri akaba n’umudepite, yapfuye nyuma yo kurasirwa mu gikorwa cyabereye mu rugo rufitanye isano na Brian Mundubile, wari umukandida ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi mu matora ya Perezida.

Kafwaya w’imyaka 49 yarashwe ku wa Gatanu tariki ya 14 Kanama 2026, ubwo itsinda rihuriweho n’inzego z’umutekano ryasakaga urugo ruherereye mu gace ka Kabulonga mu murwa mukuru Lusaka. Icyo gikorwa cyabaye nyuma y’umunsi umwe gusa Abanya-Zambia bitabiriye amatora rusange.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Zambia, Graphel Musamba, yatangaje ko abashinzwe umutekano bagiye kuri urwo rugo ahagana saa moya n’igice z’umugoroba, bashingiye ku makuru bari bahawe mu iperereza.

Polisi ivuga ko bahageze bakaraswaho kandi bamwe mu bari aho bakabarwanya, bituma na bo basubiza amasasu. Muri uko kurasana, umugabo wari utarahise amenyekana yarakomeretse, ajyanwa kwa muganga ariko ahagera yamaze gupfa. Polisi yongeyeho ko hafi ye hafashwe imbunda.

Nyuma y’iminsi abantu bakomeje kwibaza aho Kafwaya aherereye, umuryango we wahamagajwe ku mugoroba wo ku wa Gatatu w’ejo hashize maze wemeza ko umurambo wari uw’uwo munyapolitiki. Amakuru yatangajwe n’inzego z’umutekano avuga ko yari yabanje kwandikwa nk’umuntu utazwi.

Muri icyo gikorwa hafashwe abantu 11 barimo abayobozi b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi. Abategetsi babashinja ibikorwa bishobora guhungabanya umutekano w’igihugu, birimo gutegura ubwigomeke no gushyiraho umutwe witwaje intwaro. Bavuga kandi ko muri iryo saka hafashwe intwaro za gisirikare zikomeye.

Mundubile yahakanye ibyo birego, abyita ibihimbano bigamije gusebya no gutoteza abatavuga rumwe na Leta. Yavuze ko iryo saka ryabereye ku rugo rwe kandi ko abari bahari batari bitwaje intwaro. Nyuma ya ryo, yatangaje ko ari ahantu atashatse kumenyekanisha kubera impungenge z’umutekano we.

Kafwaya yari yaratorewe kuba umudepite mu 2016, ahagarariye agace ka Lunte. Muri guverinoma ya Perezida Edgar Lungu, yabaye Minisitiri w’Imirimo n’Ibikoresho bya Leta, nyuma aba Minisitiri w’Ubwikorezi n’Itumanaho.

Urupfu rwe rwemejwe mu gihe muri Zambia hakomeje impaka ku byavuye mu matora yo ku wa 13 Kanama. Komisiyo y’Amatora yatangaje ko Perezida Hakainde Hichilema yatsindiye manda ya kabiri y’imyaka itanu, abonye amajwi arenga 60%, mu gihe Mundubile wabaye uwa kabiri yagize hafi 38%.

Mundubile yanze ibyavuye muri ayo matora, avuga ko yaranzwe n’amakosa akomeye n’uburiganya. Yatangaje ko ishyaka rye rizitabaza inkiko kugira ngo ribisuzume. Reuters yatangaje ko ibarura ry’amajwi ryigeze guhagarikwa by’agateganyo kubera ibitero byagabwe ku bakozi b’amatora n’amajwi yibwe.

Indorerezi mpuzamahanga zavuze ko gutora ahenshi byagenze neza kandi mu mahoro, ariko zigaragaza ibibazo byaranze ibarura ry’amajwi, ivugururwa ry’amategeko ryakozwe amatora yegereje n’amahirwe atangana abakandida bahawe mu kwiyamamaza no kugera mu bitangazamakuru.

Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) yavuze ko inzitizi zashyizwe ku bikorwa by’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi zatumye ihatana ritaba ku rwego rungana. Raporo ya EU yanagaragaje intege nke mu gukorera mu mucyo mu bice bimwe by’amatora.

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe uburenganzira bwa muntu, Volker Türk, na we yasabye abategetsi ba Zambia kwirinda ifatwa ry’abantu ridakurikije amategeko no kugeza abafashwe imbere y’ubutabera vuba. Associated Press yatangaje ko yasabye ko iperereza n’ifungwa ry’abakekwaho ibyaha byubahiriza amategeko ya Zambia n’amahame mpuzamahanga arengera uburenganzira bwa muntu.

Urupfu rw’umunyapolitike Mutotwe Kafwaya, rwateje impaka muri Zambia. Ifoto: National Assembly of Zambia via BBC

Ibitekerezo