Uwari umudepite yatawe muri yombi nyuma yo gusanganwa imbunda 439

Uwahoze ari umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, Inky Mark, yatawe muri yombi nyuma y’uko abapolisi basatse iwe bagasangamo imbunda nyinshi, amasasu, imbunda ya kera ikoreshwa mu mateka ndetse n’amafaranga arenga ibihumbi amagana by’amadolari ya Canada.

Abapolisi bo mu ishami rya Royal Canadian Mounted Police (RCMP) batangaje ko bafashe imbunda zigera kuri 439 mu rugo rwa Mark ruherereye hafi ya Dauphin, muri Manitoba, mu iperereza ryari rigamije gukurikirana ibikorwa byo gucuruza imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

RCMP yavuze ko nibura imbunda eshatu mu zabonetse zishobora kuba zaracurujwe mu buryo butemewe, ndetse imwe muri zo ikaba yari yarahinduriwe nimero iyiranga (serial number), ibintu bishobora gutuma ikurikiranwa ryayo rigorana.

Mark, ufite imyaka 78, yashinjwe ibyaha birimo gucuruza imbunda mu buryo butemewe, gutunga ibikoresho by’intwaro bitemewe ndetse no kubika intwaro mu buryo bushobora guteza umutekano muke.

Abayobozi ba RCMP bavuze ko ibikorwa nk’ibyo bishobora gushyira mu kaga umutekano rusange, cyane cyane mu gihe Canada ikomeje gushyira imbaraga mu kugenzura ikoreshwa n’icuruzwa ry’intwaro.

Umuyobozi wa RCMP muri Manitoba, Assistant Commissioner Scott McMurchy, yagize ati: “Gucuruza intwaro zibujijwe mu buryo butemewe ni icyaha gikomeye kibangamira umutekano w’abaturage.” Yashimiye abapolisi bari gukora iperereza avuga ko bakomeje guhangana n’abantu bose bagira uruhare mu gukwirakwiza intwaro zitemewe.

Mu gihe cyo gusaka urugo rwa Mark, abapolisi banabonye amafaranga arenga 300,000 by’amadolari ya Canada, angana na miliyoni zisaga 291 z’amafaranga y’u Rwanda..

Kugeza ubu, abashinzwe iperereza ntibaratangaza impamvu nyayo yaba yaratumye ayo mafaranga abikwa muri ubwo buryo cyangwa niba afitanye isano n’ibirego byo gucuruza intwaro.

Umupolisi wo muri Manitoba, Barry Kirby, yavuze ko bazi ko Mark yari asanzwe ari umukusanya w’intwaro (firearm collector), ariko ko iperereza rigikomeje kugira ngo hamenyekane neza inkomoko y’intwaro n’amafaranga byabonetse iwe.

Yagize ati: “Tuzi ko ari umukusanya w’intwaro, ariko ibyo ni byo gusa tuzi kugeza ubu.”

RCMP yatangaje ko iperereza ryatangiye muri Werurwe nyuma y’uko bamenyeshejwe ko hari undi mugabo wo mu gace ka Dauphin wari ufite ibibazo by’amategeko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bijyanye n’intwaro.

Iryo perereza ryatumye abapolisi bamenya ko hari intwaro zagiye zigurwa na Mark ariko ngo zitigeze zikurikiza uburyo bwemewe bwo kwimurwa cyangwa kwandikwa mu mategeko.

Nyuma yo gusakwa ku wa 7 Nyakanga 2026, Mark yajyanywe mu rukiko aho yitabye ku byaha birenga icumi. Yaje kurekurwa ariko asabwa kubahiriza amabwiriza amwe mu gihe iperereza rigikomeje.

Inky Mark si mushya mu bya politiki muri Canada. Yabaye umuyobozi w’umujyi wa Dauphin kuva mu 1994, mbere yo kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada mu 1997.

Yari ahagarariye agace kazwi ubu nka Dauphin-Swan River-Neepawa kugeza mu 2010 ubwo yasezaga mu Nteko.

Mu rugendo rwe rwa politiki, Mark yabaye mu mashyaka atandukanye arimo Reform Party of Canada, Canadian Alliance ndetse na Conservative Party of Canada. Mu 2015 yongeye gushaka umwanya wo kuba umudepite ariko ntiyatsinda ubwo yiyamamazaga nk’umukandida wigenga.

Impaka ku kugenzura imbunda muri Canada

Ifatwa rya Mark rije mu gihe Canada ikomeje kugira impaka ku mategeko agenga intwaro. Iki gihugu gifite amategeko akomeye agenzura gutunga no gukoresha imbunda ugereranyije n’ibihugu byinshi, ariko hari bamwe mu baturage n’abayobozi batavuga rumwe n’iyongerwa ry’ibihano cyangwa amategeko mashya.

Mu Ntara ya Manitoba, aho Mark yakuriye akanakorera politiki, umuco wo kurasa nk’imyidagaduro no guhiga inyamaswa usanzwe ukomeye, ibintu bituma hari abashyigikira uburenganzira bwo gutunga imbunda mu buryo bwemewe.

Nubwo Mark yari azwi nk’umuntu ukunda gukusanya intwaro, abashinzwe umutekano bavuga ko ikibazo nyamukuru atari umubare w’intwaro yari afite, ahubwo ari ukumenya niba hari izinjiye mu buryo butemewe ndetse n’uko zabitswe. Iperereza riracyakomeje kugira ngo hamenyekane niba hari abandi bantu baba baragize uruhare muri uru rubanza.

Inky Mark hamwe na zimwe mu mbunda zabonetse mu rugo rwe muri Manitoba (Ifoto: BBC)

Ibitekerezo