Yatabawe nyuma y’iminsi 8 atsikamiwe n’inyubako yasenyutse

Umugabo wo muri Venezuela witwa Hernán Gil yakoze amateka yo kurokoka mu buryo butangaje, nyuma yo kumara iminsi umunani afungiye munsi y’ibirundo by’inyubako yasenywe n’imitingito ibiri ikomeye yibasiye iki gihugu. Inkuru ye yabaye isoko y’icyizere ku barokotse amakuba ndetse inashimangira ubutwari bw’abatabazi bakoze ubutaruhuka kugira ngo bamukure munsi ya toni zisaga 140 z’ibisigazwa by’inyubako.

Gil yakuwe mu bisigazwa by’inyubako nyuma y’amasaha arenga 190 yari amaze afungiyemo, ibintu byafashwe nk’igitangaza n’abantu benshi kuko amahirwe yo kuba umuntu yabasha kubaho igihe kingana gutyo aba ari make cyane.

Perezida w’agateganyo wa Venezuwela, Delcy Rodríguez, yasuye Gil mu bitaro ku wa Kane nyuma yo gutabarwa, amwita “igitangaza kizima”. Mu mashusho yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga, Rodríguez agaragara asuhuza Gil ndetse anamwifuriza gukira vuba, agaragaza ko inkuru ye yahaye icyizere igihugu cyose cyari cyugarijwe n’agahinda.

Iyi mitingito yibasiye Venezuela ku wa 24 Kamena yasize igihugu mu bihe bikomeye. Kugeza ku mugoroba wo ku wa Kane w’ejo hashize, abantu 2,595 bari bamaze kwemezwa ko bahitanywe n’ayo makuba, mu gihe abandi ibihumbi byinshi bagishakishwa nyuma yo kuburirwa irengero. Inzu ibihumbi zarasenyutse, ibikorwa remezo byinshi birangirika, bituma abaturage benshi basigara badafite aho baba.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Rodríguez yavuze ko igihugu cyahuye n’ibiza bitigeze bibaho ku rugero nk’urwo.

Yagize ati: “Aya ni amakuba adasanzwe tutigeze dutekereza ko twahura na yo. Twakoze ibishoboka byose kuva ku munota wa mbere kandi tuzakomeza gukora ibirenze ubushobozi bwacu kugira ngo dufashe abaturage”.

Yanahakanye ibirego byavugaga ko guverinoma yakererewe gutabara, avuga ko ibihumbi by’abasirikare, abapolisi n’abatabazi boherejwe ahibasiwe n’imitingito mu masaha ya mbere.

Gil yari ari ku kazi mu cyumba gito cya sima kiri munsi y’ubutaka hafi y’aho imodoka zihagarara mu nyubako y’ubucuruzi ya Galerias Playa Grande, i Catia La Mar, igihe imitingito yabaga.

Iyo nyubako yahise isenyuka, ariko icyo cyumba yarimo kiramukingira, bituma nubwo yagoswe n’ibirundo byinshi, atahitanwa no gusenyuka kw’inyubako. Abatabazi bavuga ko icyo cyumba ari cyo cyamurinze umutwaro munini w’ibirundo byamugwiriye.

Allan Madrigal, umukozi wa Croix-Rouge yo muri Costa Rica, yavuze ko ku Cyumweru yumvise umuntu ataka asaba ubutabazi.

Yagize ati: “Byari ibihe by’amarangamutima menshi. Nabanje kwibwira ko wenda amatwi yanjye anyobya, mpita mpamagara mugenzi wanjye ngo na we yumve niba koko hari umuntu uri munsi y’ibirundo”.

Nyuma yo kwemeza ko ari umuntu muzima, amakipe y’abatabazi yahise atangira igikorwa gikomeye cyo kumugeraho.

Igikorwa cyari gikomeye kurusha ibindi

Umuzimyamuriro wo muri Chili wari mu butumwa bwo gutabara yavuze ko iki ari cyo gikorwa gikomeye kurusha ibindi byose yari yarigeze gukora mu buzima bwe.

Yasobanuye ko buri gace bakuragaho ibisigazwa by’inyubako bagombaga kubanza kwitonda cyane kugira ngo batagira ibindi birundo bigwa kuri Gil cyangwa ku batabazi ubwa bo.

Mu gihe cyo kumugeraho, bubatse inzira zifashishije imiyoboro n’ibikoresho byabugenewe, ariko inshuro nyinshi iyo miyoboro yarasenyukaga bitewe n’uburemere bw’ibirundo, bikongera gutinza igikorwa.

Mu ijoro rimwe, abatabazi bashoboye kwinjiza kamera nto mu mwobo wari ugeze aho Gil yari ari.

Amashusho yafashwe yerekanye ko yari akiri muzima, nubwo rimwe mu maso ye ryari ryarabyimbye kandi ririmo amaraso. Yari yambaye agapfukamunwa yari yahawe kugira ngo kamurinde ivumbi ryaterwaga n’ibikorwa byo gucukura.

Umuzimyamuriro yamusabye no kwambara indorerwamo z’ubwirinzi kugira ngo amaso ye atangizwa n’uduce tw’amabuye n’umukungugu.

Nubwo yari amaze iminsi umunani afungiye munsi y’ibirundo, Gil yakomeje kwerekana umutima ukomeye.

Marco Antonio Franco, umwe mu batabazi bo muri Croix-Rouge yo muri Mexique, yavuze ko Gil yakomeje kubatera imbaraga aho kubacogoza.

Yagize ati: “Ni umuntu wishimye cyane. Yadusabye ibinyobwa bimwe akunda, natwe turabimuzanira. Ahubwo ni we watubwiraga gukomera no kudacika intege. Yamenye amazina y’abatabazi bamwe kandi yatubwiraga ko azi neza ko tutazamutererana”.

Abatabazi bavuga ko ibiganiro bagiranaga na we byabafashaga kumenya uko amerewe no gukomeza kumwongerera icyizere cyo kurokoka.

Ubutabazi bwahuje ibihugu byinshi

Igikorwa cyo gutabara Gil cyahuje inzego zitandukanye zaturutse muri Venezuela ndetse n’amakipe y’inzobere avuye muri Chili, Costa Rica, El Salvador, Mexique, Portugal na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Mu gihe yari agitegereje gukurwa munsi y’ibirundo, yahoraga ahabwa amazi kandi abaganga bamushyiraga ku miyoboro y’amazi n’ubundi bufasha bw’ibanze kugira ngo umubiri we udacika intege.

Nyuma yo kumukura mu bisigazwa by’inyubako, yahise ajyanwa mu bitaro aho abaganga batangaje ko ubuzima bwe buhagaze neza kandi ko biteganyijwe ko azakira buhoro buhoro.

Ku rundi ruhande, Allan Madrigal, wari mu butumwa bwe bwa mbere mpuzamahanga bwo gutabara, yavuze ko ibyo yabonye muri Venezuela bizamuhora ku mutima ubuzima bwe bwose.

Yagize ati: “Umuntu wageze hano mu cyumweru gishize si we uzasubira muri Costa Rica. Ibi twabonye n’ubuzima twarokoye byaduhinduye burundu”.

Mu gihe ibikorwa byo gushakisha abarokotse bikomeje, inkuru ya Hernán Gil yabaye ikimenyetso cy’uko n’iyo ibyiringiro bisa n’ibyashize, ubushake bw’abatabazi, ubufatanye bw’amahanga ndetse no kudacika intege bishobora gutuma haboneka ibitangaza. Ku baturage ba Venezuela, kurokoka kwe kwabaye urumuri rw’icyizere hagati y’agahinda katewe n’imitingito yahitanye abantu ibihumbi ikanangiza byinshi.

Abatabazi bamaze amasaha arenga 100 bagenda bamugeraho buhoro buhoro, mbere y’uko amaherezo bashobora kumurokora. (Ifoto: AP)

Ibitekerezo