Zambia yahagaritse ibarura ry’amajwi igitaraganya

Komisiyo y’Amatora muri Zambia (ECZ) kahagaritse by’agateganyo kubarura no gutangaza ibyavuye mu matora rusange yabaye ku wa Kane, tariki ya 13 Kanama 2026, nyuma y’ibitero byibasiye bamwe mu bakozi b’amatora no kwibwa kw’impapuro z’itora.

Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo y’Amatora, Brown Kasaro, yavuze ko iki cyemezo cyahise gitangira gukurikizwa ku rwego rw’igihugu kubera impungenge z’umutekano n’iterabwoba rikomeje kwibasira abari mu bikorwa byo kubarura amajwi.

Iyi komisiyo yatangaje ko mu duce tumwe na tumwe habaye urugomo rwavuyemo kwibwa kw’impapuro z’itora zari zamaze gutorerwaho. Icyakora, ntikigeze kigaragaza abakekwaho kuba inyuma y’ibyo bikorwa.

ECZ yavuze ko izongera gusuzuma iki cyemezo mu masaha 24, kugira ngo harebwe niba umutekano wifashe neza ku buryo kubarura no gutangaza amajwi byakomeza. Guhagarika iki gikorwa bishobora gutinza itangazwa ry’ibyavuye mu matora ryari riteganyijwe mu minsi mike ikurikira amatora.

Abanya-Zambia barenga miliyoni umunani bari biyandikishije gutora Perezida, abagize Inteko Ishinga Amategeko n’abayobozi b’inzego z’ibanze. Perezida Hakainde Hichilema, uri ku butegetsi kuva mu 2021, arashaka manda ya kabiri y’imyaka itanu.

Brian Mundubile ni we ufatwa nk’umukandida ukomeye mu bahanganye na Hichilema. Mbere gato y’uko ibarura rihagarikwa, Mundubile yari yatangaje ko ahangayikishijwe cyane no gutinda kw’ibyavuye mu matora, avuga ko bishobora gutanga icyuho cyo kubihindura cyangwa kubigiramo uruhare rutemewe. Yatangaje kandi ko yatsinze amatora, ariko ntiyerekana ibimenyetso byemewe bibishimangira.

Hichilema we yasabye abaturage gutuza, kwihangana no gutegereza ibyavuye mu matora bizatangazwa n’urwego rubifitiye ububasha.

Kugira ngo umukandida atsinde amatora ya Perezida muri Zambia atiriwe ajya mu cyiciro cya kabiri, agomba kubona amajwi arenga 50%. Nta majwi rusange yemewe yari yatangazwa mbere y’uko ibarura rihagarikwa.

Ibarura ry’amajwi ryahise ritangira ku mugoroba wo ku wa Kane, nyuma y’uko ibiro by’itora bifunze. (Ifoto: REUTERS)

Ibitekerezo