Icyorezo cya Ebola gikomeje kwibasira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) cyamaze guhitana abantu benshi kurusha ibindi byigeze kugaragara muri icyo gihugu, nyuma y’amezi atatu gusa gitangajwe ku mugaragaro.
Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima Rusange muri RDC igaragaza ko, kugeza ku wa 15 Kanama 2026, abantu 4,945 bari bamaze kwandura Ebola, muri bo 2,325 bakaba barapfuye. Mu masaha 24 yari ashize hari habonetse abarwayi bashya 101.
Iyo mibare ishyira ikigero cy’abapfa mu banduye kuri hafi 47%, bivuze ko hafi umuntu umwe muri babiri basangwamo iyi virusi ahitanwa na yo. Icyorezo cya 2018-2020, cyari gisanzwe gifite umubare munini w’abapfuye muri RDC, cyahitanye abantu 2,299 mu barwayi 3,481.
Iki ni icyorezo cya 17 cya Ebola cyemejwe muri RDC kuva virusi yavumburwa bwa mbere mu 1976. Ubu kimaze kuba icya kabiri cyahitanye abantu benshi ku isi, nyuma y’icyibasiye Guinea, Liberia na Sierra Leone hagati ya 2014 na 2016. Icyo cyo cyanduye abantu 28,616, gihitana 11,310.
Igitangaje abahanga mu buzima ni umuvuduko icyorezo cyo muri RDC kiriho. Icyo muri Afurika y’Iburengerazuba cyamaze hafi amezi atanu kugira ngo kigere ku bantu 1,000 bapfuye, mu gihe icyo muri RDC cyarengeje 2,000 mu gihe kitageze ku mezi atatu.
Ituri ni yo yibasiwe cyane
Icyorezo cyatangiriye mu gace k’ubuzima ka Mongbwalu mu Ntara ya Ituri, ariko cyamaze kugera mu ntara esheshatu: Ituri, Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo, Haut-Uélé, Tshopo na Bas-Uélé.
Raporo ya OMS yo ku wa 14 Kanama yagaragazaga ko Ebola yari imaze kugera mu turere tw’ubuzima 54. Ituri yari ifite 85% by’abanduye bose, ikaba ari na yo yakomeje kubonekamo umubare munini w’abarwayi bashya. Bas-Uélé ni yo ntara iheruka kugerwamo n’iki cyorezo, nyuma y’uko umurwayi agaragaye mu gace ka Buta.
Umutekano muke, kwimuka kw’abaturage, ubucuruzi bwambukiranya imipaka, imihanda mibi n’ubushobozi buke bw’amavuriro biri mu bituma gukurikirana abahuye n’abarwayi no kubageza kwa muganga hakiri kare bigorana.
OMS ivuga ko hari n’ibitero byagabwe ku mavuriro, bibangamira abakozi bashinzwe kurwanya icyorezo. Abakozi b’ubuzima na bo bakomeje kwandura; kugeza ku wa 9 Kanama, nibura 155 bari baranduye, muri bo 45 barapfa.
Kuki umubare w’abapfa ukomeje kwiyongera?
Iki cyorezo cyatewe n’ubwoko bwa virusi ya Ebola bwa Bundibugyo, budakunze kugaragara. Kugeza ubu nta rukingo cyangwa umuti byemewe by’umwihariko byo kuyikumira cyangwa kuyivura.
Abahanga bavuga ko kuzamuka kw’ikigero cy’abapfa bitagaragaza byanze bikunze ko virusi yarushijeho gukara. Ahubwo bifitanye isano no gutinda kubona abarwayi, kubapima no kubageza ku bigo by’ubuvuzi.
Hari abarwayi benshi bamenyekana indwara yarabarenze cyangwa nyuma yo gupfira mu ngo. Ibimenyetso bya mbere bya Ebola, birimo umuriro, umunaniro, kubabara imikaya n’umutwe, bishobora kwitiranywa na malaria cyangwa izindi ndwara zisanzwe muri ako karere.
Nyuma umurwayi ashobora kuruka, guhitwa, kubabara mu nda no kugira ibibazo by’umwijima n’impyiko. Ebola yandura binyuze mu guhura n’amaraso cyangwa andi matembabuzi y’umubiri w’umuntu wanduye, yaba akiri muzima cyangwa yarapfuye, ndetse no gukora ku bikoresho byanduye.
Igeragezwa ry’inkingo n’imiti
OMS iri kugenzura inkingo n’imiti bishobora gufasha kurwanya ubwoko bwa Bundibugyo. Urukingo rwa Ervebo, rwemewe kurwanya Ebola yo mu bwoko bwa Zaïre, rwasabiwe gushyirwa mu igeragezwa ryateguwe neza kugira ngo harebwe niba rushobora no kurinda abantu Bundibugyo. Ntiruratangira gukoreshwa nk’urukingo rwemewe kuri ubu bwoko.
Igeragezwa ry’imiti ryiswe PARTNERS ryatangiye kwakira abarwayi ku wa 2 Nyakanga mu bigo bitatu byo muri Ituri, rikaba rimaze kwinjizamo abarwayi barenga 100.
OMS yashyize iki cyorezo ku rwego rw’ikibazo cy’ubuzima rusange gihangayikishije isi. Icyakora, ntiyigeze isaba ko ingendo cyangwa ubucuruzi bihagarikwa, ahubwo isaba ibihugu bihana imbibi na RDC gukaza igenzura, gutahura abarwayi hakiri kare no gufatanya mu gukumira ko virusi ikomeza gukwirakwira.

Ibitekerezo