Umujyi wo muri Sudani wiciwemo abantu 6,000 mu minsi itatu gusa
Abantu barenga 6,000 bivugwa ko bishwe mu minsi itatu gusa, ubwo umutwe witwara gisirikare wa (RSF) wafataga umujyi wa El-Fasher mu mwaka ushize, nk’uko bigaragara muri raporo y’Umuryango w’Abibumbye (UN) ishingiye ku buhamya bw’abarokotse n’ababibonye n’amaso ya bo.
Umwe mu barokotse yagize ati: “Byari nk’aho turi muri filime iteye ubwoba”. Yavuze ko yiboneye imirambo ijugunywa hejuru, abarwanyi ba RSF barasa ku bantu barenga 1,000 bari bahungiye mu nyubako ya kaminuza mu kwezi k’Ukwakira k’umwaka ushize.
Iyo raporo igaragaza ko habayeho ubwicanyi bwo mu kivunge, kwicwa nta rubanza, iyicarubozo, gushimuta no gufata ku ngufu abasivile. UN ivuga ko ibyo bishobora kuba ari ibyaha byo mu ntambara ndetse n’ibyaha byibasira inyokomuntu. Nubwo RSF itaratanga igitekerezo kuri iyo raporo nshya, mu bihe byashize yakunze guhakana ibirego nk’ibi.
BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko Sudani imaze hafi imyaka itatu mu ntambara ikomeye hagati y’ingabo za leta n’umutwe wa RSF, bapfa guhatanira ubutegetsi. Iyo ntambara imaze guhitana abantu babarirwa mu bihumbi amagana no gukura mu bya bo abarenga miliyoni 13. Hirya no hino mu gihugu, ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikomeje gukoreshwa nk’intwaro y’intambara rikorerwa abagabo, abagore n’abana. Impande zombi zashinjwe gukora ibyaha ndengakamere.
Leta y’Amerika n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu bavuga ko RSF n’abo bafatanya bakoze jenoside mu karere ka Darfur ku baturage b’aba Massalit n’andi moko atari ay’Abarabu. Gusa raporo ziheruka za UN ntizigeze zemeza ko ari jenoside.
El-Fasher, umujyi w’ingenzi muri Darfur, wamaze amezi 18 ugoswe, kandi ni hamwe mu habereye ibikorwa biteye ubwoba cyane muri iyi ntambara. Abantu barenga 140 batanze ubuhamya mu mpera za 2025, bamwe bari muri Northern State ya Sudani, abandi bari mu burasirazuba bwa Tchad. UN ivuga ko nibura abantu 4,400 bishwe mu minsi ya mbere y’igitero, abandi barenga 1,600 bakicirwa mu mihanda bagerageza guhunga. Icyakora, umubare nyakuri w’abapfuye ushobora kuba urenze kure iyo mibare.
Volker Türk, umuyobozi w’ibiro bya ONU byita ku burenganzira bwa muntu, yasabye impande zombi guhagarika ihohoterwa rikabije rikorerwa abasivile. Hagati aho, igitutu cy’amahanga gikomeje kwiyongera ku bihugu bishinjwa gufasha impande zirwana, cyane cyane kuva intambara yatangira ku wa 15 Mata 2023.
Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zahakanye ibirego by’uko ari zo zifasha RSF mu bijyanye n’intwaro. Na none, urugaga rufitanye isano na RSF rwitwa Sudan Funding Alliance rwatangaje gahunda yo gushyiraho ubuyobozi bushya mu burengerazuba bwa Sudani, butandukanye n’ubukorera i Khartoum.
Icyakora, Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika wamaganwe iyo gahunda, uvuga ko ishobora guteza umwuka mubi no kubangamira ubumwe n’ubusugire bw’igihugu cya Sudani.

