Trump yategetse guhindura amabara ya Air Force One, nyuma y’imyaka irenga 60 adakorwaho
Indege itwara perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Air Force One, iri guhindurirwa amabara yihariye yatoranyijwe na Donald Trump nk’uko BBC ibitangaza.
Muri iyi gahunda, indege hamwe n’izindi z’abategetsi bakuru, zirimo n’indege ya “First-lady” Melania Trump, zirimo gusigwa amabara ya zahabu, umutuku, n’ubururu bwa navy blue.
Ibi bikorwa byo gusiga amabara bishya birakorwa mu gihe indege ziri gukorerwa isuzumwa rya tekinike, nk’uko Air Force y’Amerika ibitangaza. Aya mabara yamaze gushyigwa ku ndege nshya ya Boeing 747-8i, leta ya Qatar yari yahaye ibiro bya perezida w’Amerika nk’impano.
Amabara y’umweru n’ubururu ni yo yari asanzwe asize kuri Air Force One kuva mu myaka ya 1960, ubwo John F. Kennedy yari perezida. Trump, ageze ku butegetsi bwa manda ye ya mbere, yari yasabye guhindura ayo mabara, ariko uwamusimbuye, Joe Biden, yahise abihagarika.
Amabara mashya arimo gushyirwa kuri Air Force One ni na yo yakoreshejwe ku ndege bwite ya Trump mu gihe cyo kwiyamamaza mu 2024, izwi nka “Trump Force One”. Aya mabara yamaze kandi gushyirwa ku Boeing C-32, indege ikoreshwa gutwara visi-perezida, izwi nka “Air Force Two”.
Uyu mushinga watangijwe mu mpeshyi ishize, ku ndege Qatar yatanze nk’impano, ifite agaciro ka miliyoni 400$. Ubusanzwe, indege yose itwara perezida w’Amerika ihita yitwa Air Force One igihe perezida ayirimo, ikaba ifite ibiro byagutse, icyumba cyo kuryamamo, ibikoni bibiri bishobora gutegurira abantu 100, n’ahantu ho kuvurirwa, nk’uko Boeing ibivuga.


