Umudepite w’umwirabura wamaganye ivangura yasohowe mu gihe Trump yavugaga ijambo
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, mu ijambo yagejeje ku gihugu yashimangiye ko hari intambwe ikomeye kimaze gutera, avuga ko “cyisubije agaciro”.
Yatangije ijambo rye agira ati: “Igihugu cyacu cyisubije agaciro”, kandi ko ubu gihagaze neza, gikize kandi gikomeye kurusha uko byari bimeze mbere.
Iri jambo rye rya mbere rirerire rije mu gihe umwuka wa politiki utari mwiza hagati y’imitwe ibiri ikomeye muri politiki y’Amerika, Abarepubulikani n’Abademokarate. Muri iryo jambo, Trump yashinje Abademokarate ko basubije igihugu inyuma, ariko avuga ko amahirwe ari uko babatsinze.
Hari abadepite bagera kuri 50 bo mu ishyaka ry’Abademokarate batitabiriye iri jambo, aho mu cyumba cy’inteko hagaragaraga imyanya iticayemo abantu.
Umudepite w’Umudemokarate, Al Green, wo muri Texas, we yari yitabiriye ariko aza gusohorwa nyuma yo kugaragaza icyapa cyanditseho ngo “Abirabura si inguge”.
Uyu mudepite w’umwirabura yashakaga kwamagana ubutumwa bwavuzwe ko burimo ivangura buherutse gushyirwa ku mbuga nkoranyambaga bujyanye na Trump, bwagaragazaga uwahoze ari Perezida w’umwirabura Barack Obama n’umugore we bagereranywa n’inguge. Ubu butumwa bwamaganiwe kure n’impande zombi za politiki, nyuma buza gukurwaho.
BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko atari ubwa mbere Al Green asohowe mu nama nk’iyi, kuko no mu mwaka ushize yasohowe kugira ngo adahungabanya ijambo rya Trump.

Mu gihe Trump yavugaga ku bijyanye n’abinjira mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko ndetse n’ibikorwa byibasira Abanyamerika bafite inkomoko muri Somalia, umudepite w’Umudemokarate Ilhan Omar wo muri Minnesota yahagurutse arasohoka, amushinja kubeshya. Ilhan Omar ni we Munyamerika wa mbere ukomoka muri Somalia watorewe kuba umudepite.
Trump yavuze iri jambo mu gihe hari umwuka w’uburakari nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga rw’igihugu rufashe icyemezo cyo gukuraho imisoro ihanitse yari yarashyize ku bihugu bitandukanye kuva yajyaho. Muri iri jambo, Trump yanenze icyo cyemezo, avuga ko ari igihombo ku gihugu cye.


