Iran yishe ucyekwaho kuba intasi ya Israel wafashwe umwaka ushize
Ibinyamakuru byo muri Iran byatangaje ko umugabo bakekaga ko ari intasi ya Israel yishwe nyuma yo kumara igihe afunzwe.
Uwo mugabo witwa Kourosh Keyvani yafashwe mu gihe cy’intambara yamaze iminsi 12 hagati y’ibihugu byombi mu kwezi kwa gatandatu, ashinjwa kohereza amafoto n’amakuru ajyanye n’ahantu h’ingenzi mu gihugu ayaha urwego rw’ubutasi rwa Israel ruzwi nka Mossad.
Amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru Tasnim avuga ko uyu mugabo yamenyekanye bwa mbere na Israel igihe yari atuye muri Suwede, nyuma akaza kwegerwa n’urwo rwego rw’ubutasi, rukanamutoza mu bihugu bitandukanye mbere yo kumwohereza muri Iran.
Icyakora, BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko itabashije kugenzura aya makuru mu buryo bwigenga.
Mu mwaka ushize, Iran yashyizeho amategeko akomeye atanga igihano cy’urupfu abahamwa n’icyaha cyo kuba intasi ya Israel cyangwa Amerika.
Raporo y’ikigo Health Research Authority igaragaza ko mu 2025, abantu barenga ibihumbi bibiri biciwe muri Iran, bikaba byariyongereye cyane ugereranyije n’umwaka wabanje.
