AmakuruPolitiki

Abantu babiri baguye mu mirwano yaraye ishyamiranyije M23 na Wazalendo

Mu duce twa Kalembe na Kalonge, imijyi ibiri iherereye ku mupaka wa teritwari za Masisi na Walikale mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, hari ituze nyuma y’imirwano ikaze yahuje abarwanyi ba AFC/M23 na Wazalendo mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 12 Mata 2026.

Ibitangazamakuru birimo Actualite.CD avuga ko inyeshyamba za Wazalendo zagabye ibitero ahagana saa mbiri z’ijoro ku Cyumweru ku birindiro by’inyeshyamba za AFC / M23.

Ni imirwano bivugwa ko yaguyemo abantu babiri barimo umusivile n’umusirikare wa AFC / M23.

Ubwo iyi mirwano yabaga hagaragaye ibikorwa by’ubusahuzi muri utwo duce twari tumaze Igihe tutarangwamo imidugararo.

Nubwo iyi mirwano yahosheje, hari icyoba mu baturage batizeye neza umukano bibaza niba ibyaraye bibaye bitongera kuba kuri uyu wa Mbere taliki 13 Mata 2026.

Inyeshyamba za Wazalendo zavuye muri iyo midugudu, nyuma yiyo mirwano bituma inyeshyamba za AFC / M23 zihiharurire ubu nizo zihagenzura byuzuye.

Iyi mirwano iraba mu gihe inzego za Congo ndetse n’ubuyobozi bwa AFC zagiye guhurira mu Busuwisi mu biganiro bishobora gutanga agahenge .

Abantu babiri baguye mu mirwano yaraye ishyamiranyije M23 na Wazalendo(photo:Internet)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *