AmakuruPolitiki

Kim Jong Un yashimye abasirikare biyahura aho gufatwa mpiri ku rugamba

Mu muhango wo gutaha urwibutso rw’abasirikare ba Koreya ya Ruguru n’ab’Uburusiya, umuyobozi Kim Jong Un yashimye abasirikare bahisemo kwiyahura aho gufatwa mpiri mu ntambara yo muri Ukraine, abita intangarugero mu budahemuka.

Ibi byatangajwe n’a’igitangazamakuru cya leya (KCNA), kivuga ko abasirikare “bigize ibisasu” bagaragaje ubwitange bukomeye. Uru rwibutso rugaragaza urupfu rwa bo nk’ubutwari, rukaba rugaragaza ko Koreya ya Ruguru yemeye ku mugaragaro iyi politiki.

Raporo ya NK News ivuga ko amazina y’abasirikare 2,288 bapfiriye ku rugamba yanditse ku nkuta, hamwe n’imva 271 n’ahashyirwa ivu ry’abarenga 1,700, bigaragaza ubwinshi bw’abaguye ku rugamba.

Abayobozi bavuga ko abasirikare barenga 10,000 boherejwe mu Burusiya, benshi muri bo bakaba barapfuye cyangwa bagakomereka. Uyu muhango witabiriwe n’abayobozi b’i Moscow (umurwa mukuru w’Uburusiya), unasomwamo ubutumwa bwa Perezida Vladimir Putin.

Nubwo bamwe mu basirikare bafashwe mpiri na Ukraine bakiriho, ikibazo cy’uko bazasubizwa iwabo gishobora guteza impaka, bitewe n’uko bashobora guhanwa bikomeye bagejejwe muri Koreya ya Ruguru.

Kim Jong Un ubwo yari ageze ahabereye umuhango wo gutaha urwo rwibutso (Ifoto: CNN)
Kim Jong Un mu muhango wo gutaha urwibutso rw’abasirikare ba Koreya ya Ruguru n’ab’Uburusiya i Pyongyang (Ifoto: CNN)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *