AmakuruPolitiki

“Nakwemera kuba muri Amerika nihishe aho gusubira muri Somalia”

Nubwo ibikorwa byo guhiga abimukira muri leta ya Minnesota byatangajwe ko byarangiye, ubwoba buracyari bwinshi cyane cyane mu Banyasomalia batuye muri Minneapolis muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Abdi, umusore w’Umunyasomalia w’imyaka 23, yavuze ko akibaho yihisha kubera ubwoba bwo gufatwa n’abakozi b’Ikigo cy’Amerika gishinzwe abinjira n’abasohoka (ICE), nubwo afite ibyangombwa by’a ‘igihe gito (Temporary Protected Status-TPS) bimwemerera kuba no gukorera muri Amerika kugeza mu 2029.

Ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bwagerageje gukuraho TPS ku Banyasomalia barenga 2,500, buvuga ko umutekano wa Somalia wifashe neza, ariko urukiko rubihagarika by’agateganyo. Ibi hamwe n’amagambo Trump yavuze asesereza Abanyasomalia byatumye benshi bumva bahigwa.

Abdi yavuze ko yahunze Somalia mu 2022 nyuma yo gushakishwa n’umutwe wa al-Shabab, akoresheje amadolari 15,000 kugira ngo agere muri Amerika anyuze muri Brazil no mu ishyamba rya Darién Gap hagati ya Colombia na Panama.

Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu muri Amerika yavuze ko ibikorwa bya “Operation Metro Surge” byafashije gufata abagizi ba nabi benshi, ariko abaturage n’abayobozi bamwe nka Ilhan Omar banenze uburyo byakozwemo bavuga ko byateje ubwoba bukabije.

Mu bice byinshi bya Minneapolis, amaduka n’amarestora biracyafunze kubera ubwoba bwo gufatwa, mu gihe abaturage bamwe bashyizeho uburyo bwo kuburirana igihe abakozi ba ICE bari hafi.

Abdi yavuze ko adashobora gusubira muri Somalia kubera umutekano muke, ati: “Nakemera kubaho nihishe muri Amerika aho gusubira muri Somalia kuko ubuzima bwanjye bwaba buri mu kaga.”

Ibendera sy’Amerika n’irya Somalia

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *